Kigali

Kwibuka31: Indirimbo 20 zikubiyemo ubutumwa bw’ihumure bwagufasha muri izi mpera z’'Icyumweru – VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:11/04/2025 23:50
0


Ku wa 7 Mata 2025, u Rwanda n’inshuti zarwo ku Isi yose batangiye icyumweru cy’Icyunamo cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahitanye abasaga miliyoni mu gihe cy’iminsi 100.



Muri iki gihe cyo Kwibuka, kimwe mu bifasha abantu muri ibi bihe bikomeye ni indirimbo. Ni nayo mpamvu InyaRwanda yifashishije urubuga rwa Youtube ishakisha ibihangano bishya byafasha abantu muri ibi bihe.

Ni indirimbo zitandukanye zigaruka ku bihe bikomeye abantu banyuzemo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’izongera guhumuriza abantu cyangwa se izibaremamo agatima n’izishimira Imana yakoreye mu Nkotanyi zikabasha guhagarika Jenoside nubwo bitari byoroshye.

Senderi International Hit uri mu bahanzi bamaze kubaka ibigwi mu Rwanda, ni umwe mu bakoze mu nganzo ashyira hanze indirimbo ebyiri zo Kwibuka. Imwe yayise ‘Ntibizibagirana’. Muri iyi ya mbere, yavuze ko yayihimbye nyuma yo kuzenguruka ahantu hatandukanye.

Ati: “Nazengurutse u Rwanda rwose, nzenguruka n’insengero nyinshi zo mu Rwanda, nzeguruka na Sitade zose, mbona uko Abatutsi bishwe, aho henshi hiciwe abagore n’abana, abasore n’abakambwe babata mu misarane, abandi muri Nyabarongo, no mu migezi, mu mifunzo n’Akagera.”

Yakomeje avuga ko bishe umwamikazi Gicanda, bakarya n’inka z’Abatutsi bari batunze benshi mu gihugu, bica n’abashumba babaga baziragiye, intimba isaga u Rwagasabo, bakabica babateye ibisongo n’imihoro yavuzaga ubuhuha muri bya bice byose yatembereye.

Avuga ko muri iki gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, yakoze ‘Ntibizibagirana’ kugira ngo ifashe abantu Kwibuka muri ibi bihe biba bitoroheye uwacitse ku icumu, bimwibutsa abe bishwe.

Indi ndirimbo Senderi yashyize hanze ni iyo yise “Ndibuka Jenoside Ikirangira”. Muri iyi ndirimbo aba agaragaza ko mu bihe bya nyuma gato y’irangira rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ibihe byari bikomeye ariko Inkotanyi zayihagaritse zigakomeza gufasha abantu bari bagifite ibibazo bitandukanye.

Mu bandi bakoze mu nganzo barimo Nessa na Beat Killer, Senderi, Kenny K-Shot, Yampano, korali zikorera umurimo w’Imana mu matorero atandukanye akorera mu Rwanda, amatsinda n’abandi.

1.     Ntibizibagirana – Senderi International Hit

">

2.     Ese Mbaze Nde – Ruti Joël ft Credo Santos

">

3.     Kwibuka 31 (Twamaganye Abapfobya Genocide) - Yampano

">

4.     The Chosen Land – Kenny K-Shot ft Credo Santos

">

5. Twamagane abapfobya Genocide yakorewe Abatutsi – Beat Killer ft Nessa

">

6Ntazagutererana – Jesca Mucyowera

">

7.     Iminsi 100 – Rugaba

">

8.     Tubazaniye Indabo – Justin Nsengimana

">

9.     Impore Rwanda – Beat Killer ft Nessa

">

10. Umuganga w’Imitima – Jehovah Jireh Choir

">

11. Ibyiringiro – Philadelphia Choir/ ADEPR Nyamata

">

12. Nkwihoreze Rwanda – Mpano Layan

">

13. Humura – Shimwa Akaliza Gaella

">

14. Rwanda Warababaye - Goshen Choir/ ADEPR SGEEM

">

15. Imirimo y’Imana – Aloys Family

">

16. Icyizere cy’Ubuzima – Agape Choir Nyarugenge

">

17. Rwanda Humura – Louange Choir ADEPR Gatsata

">

18. Icyomoro – New City Family Choir – Ruhanga SDA Church

">

19. Ihorere – Message of Hope Remera SDA Church

">

20. Ntibizongera – Abanyamugisha Choir Ruhuha SDA Church

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND