RFL
Kigali

Ibyo kwitega mu gitaramo cya Chorale Saint Paul Kicukiro cyahujwe no kwizigamira

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:26/11/2022 22:48
0


Chorale Saint Paul Kicukiro yatangaje ko mu rwego rwo kwitura abafana babo n’abakunzi b’umuziki, bahisemo ko buri wesewese uzagura itike yo kwinjira mu gitaramo bazakora tariki 11 Ukuboza 2022, azaba yizigamiye mu kigega RNIT Iterambere Fund.



Byagarutsweho mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Ugushyingo 2022, muri ‘Salle’ ya Paroisse Kicukiro.

Iyi korali imaze iminsi yamamaza iki gitaramo bise “Great Classic Concert” kizabera muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, guhera saa kumi n’imwe z’umugoroba.

Abagenda mu Mujyi wa Kigali, bo batangiye kubona ibyapa byamamaza iki gitaramo birimo n’ikimanitse imbere ya UTC.

Ni igitaramo cyagutse kizaririmbamo abaririmbyi b’iyi korali gusa isanzwe ibarizwamo benshi mu bahanzi bazwi mu itsinda rya Catholic All Stars.

Umuririmbyi akaba n’umuyobozi wa Chorale Saint Paul, Nizeyimana Nyituriki Denys yavuze ko iyo umuntu ari kugura itike yo kwinjira muri iki gitaramo ahita abona ko amafaranga ashyizwe mu kigega RNIT, bityo akaba arizigamiye kandi yinjiye mu bafite konti muri iki kigega.

Denys avuga ko batekereje ubu buryo mu rwego rwo kwitura abakunzi babo. Ati “Impamvu ni uko ari uburyo bwiza bwo kugira ngo abazaza mu gitaramo cya Chorale St Paul Kicukiro bazabe banizigamiye. Ni nko gutera ibuye rimwe ukica inyoni ebyiri; uzaza mu gitaramo cya Chorale Saint Paul nibyo, ariko uzaba unizigamiye.”

Akomeza ati “Bivuze ko ushatse wavuga ko kwinjira ari nk’ubuntu. Icyo usabwa gusa, ni ukuzaba wowe wizigamiye muri icyo kigega.”

Yavuze ko uwizigamiye yemerewe gukomeza kwizigamira muri iki kigega cyangwa se akaba yanasaba ko amafaranga ayasubizwa. Ati “Uwo niwo mwihariko wo kwinjira mu gitaramo cyacu.”

Uyu muyobozi yavuze ko iki gitaramo kizarangwa n’umuziki wa Classic, kandi inzozi zabo ni ukugera ku rwego mpuzamahanga. Yavuze ko bazaririmba indirimbo zisanzwe zizwi muri Kiliziya, izumvikana ahantu hatandukanye n’izindi.

Denys avuga ko iki gitaramo kizaba cyagutse, kandi kizarangwa n’imbyino nyinshi zikoreshwa mu bwami bwo mu Burayi. Kuri we, avuga ko ari ubwa mbere bizaba bibaye mu Rwanda.

Ati “Bazaza babonemo imbyino, bazaza babonemo udushya twinshi cyane, ibyo byose rero iyo tubihurije hamwe biba ‘Classic Great Concert’…. Ni ubwa mbere bizaba bibaye. No mu mateka bashatse bazanabyandika mu mateka y’Igihugu.”

Yavuze ko iki gitaramo bagihaye umwihariko, ku buryo bizanumvikanira mu majwi aho bazajya baririmba bahinduranya amajwi. 

Avuga ko bazakora uko bashoboye ku buryo buri wese witabiriye iki gitaramo azacyiyumvamo, akamera nk’aho ari gufatanya nabo kuririmba.

Umuziki wa ‘Classic’ urazwi cyane ku isi, ukunda kwandikwa mu manota, ugasomwa mu manota ukanaririmbwa mu majwi ahanitse.

Indirimbo yubahiriza Impuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru ku Mugabane w'u Burayi (UEFA), iririmbwa kandi icuranze muri aya majwi.

Umuyobozi Ushinzwe amajwi muri Chorale St Paul, Munezero Regis yavuze ko ubu imyiteguro igeze ku 100% ku buryo biteguye gutaramira abakunzi babo isaha n’isaha.

Avuga ko ari cyo gitaramo cya mbere cyihariye kigiye kuba muri uyu mwaka. Ati “Ni ikibazo cy’igihe gusa, kuko twe turiteguye. Ibindi by’imiririmbire navuga ko bigeze ku 100%.”

Umuyobozi Wungirije w’Ikigega RNIT gishinzwe gucunga ikigega Iterambere Fund, Andre Gashugi yavuze ko mu rwego rwo gushishikariza abantu kwizigamira, bafashe umwanzuro wo kumenyekanisha imikorere y’iki kigega ahashoboka hose.

Yavuze ko bahisemo gukorana na Chorale Saint Paul ‘kugira ngo abantu bazaze baze gushima Imana, gufatanya na korali mu ndirimbo zo kuririmbira Imana, ariko nanone bibaheshe amahirwe yo kuba bamwe mu bantu bizigamiye mu kigega RNIT Fund.” Andre avuga ko bagiranye amasezerano y’imikoranire y’umwaka umwe na Saint Paul.

Chorale Saint Paul ifite intego yo gufasha abakilisitu gusingiza Imana ibinyujije mu ndirimbo, yashinzwe mu mwaka wa 2009 bivuye ku gitekerezo cya Padiri Eric Nzabamwita wari Padiri Mukuru wa Paroisse St Jean Bosco Kicukiro.

Imenyerewe mu muziki wa Classic ukorwa n'abahanga mu miririmbire, aho wandikwa mu manota asobanutse y'umuziki kandi ukaririmbwa mu majwi ahanitse yiharirwa n'abitoje ku rwego rwo hejuru.

Zimwe mu ndirimbo za Chorale Saint Paul zizwi na benshi harimo nka ‘Mariya ni umubyeyi w'abakene’, ‘Umubyeyi uturutira bose’, izaririmbiwe amakipe nka Rayon Sports, Gasogi United n'izindi.

 

Chorale Saint Paul Kicukiro imaze imyaka isaga 12 irirmbira Imana mu muziki wihariye wa 'Classic', igiye gukora igitaramo yise ‘Great Classic Concert’ 

Umuyobozi Mukuru wa korali Saint Paul, Denys Ntayituriki yavuze ko igitaramo bagiye gukora agifata nk’icya mbere kigiye kubera mu Rwanda. Ati “Bizandikwa mu mateka.” 

Umuyobozi Ushinzwe amajwi wa Chorale Saint Paul, Munezero Regis yavuze ko bageze ku 100% bitegura iki gitaramo, kandi batekereje ku ndirimbo zizwi cyane 

Umuyobozi Wungirije wa Korali St Paul Kicukiro, Uwamahoro Violette [Uri ibumoso] ashishikariza abantu kugura amatike yo kwinjira muri iki gitaramo

 

Umuyobozi Wungirije ushinzwe ibikorwa mu kigega RNIT Iterambere Fund, Andre Gashugi yavuze ko bari gukora ibishoboka byose kugira ngo abaturarwanda bumve akamaro ko kwizigamira 

Umuyobozi Ushinzwe Iyamamazabikorwa n’igurisha mu kigo Rwanda National Investment Trust, Ruziga Emmanuel Mansatura asobanura ko batanga inyungu ya 11%, kandi ushobora kubikuza amafaranga yawe igihe cyose ubishakiye


Umuziki wa Classic ukundwa n’abatari bacye wahawe umwihariko muri iki gitaramo


Mu minsi ishize, abaririmbyi ba Chorale Saint Paul bakoze igitaramo gikomeye

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'UMUBYEYI UTURUTIRA  ABANDI'

">

AMAFOTO: Ngabo Serge-INYARWANDA.COM

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND