RFL
Kigali

Sandra yasingije Flavour n’umukobwa wabo abifuriza isabukuru y’amavuko-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:25/11/2022 13:47
0


Flavour na Kaima umukobwa we bizihije isabukuru y’amavuko, bifurizwa mu buryo bwihariye na Sandra Okagbue.



Ibyishimo ni byose muryango wa Flavour wizihizanije isabukuru y’amavuko y’imyaka 39 na Kaima umwe mu bakobwa be batatu.

Mu kwizihiza ibi byishimo umukunzi we n’icyamamare mu mideli, Sandra Okagbue yashyize hanze amafoto meza agaragaza umukobwa we n'andi ari kumwe na Flavour yanise umubyeyi we.

Yafashe kandi umwanya wihariye mu magambo meza ataka umukobwa wabo agira ati:”Isabukuru nziza mutako w’igiciro. Mukundwa nkwifurije kurambira mu bwiza bw’Imana.”

Yongeraho ati:”Imana ikomeze ku kurinda, ku kuyobora no kuguhandagazaho imigisha myinshi, ubushishozi, ubumenyi no kumvira, ndagukunda mukundwa.”

Sandra yizihije isabukuru y'aba bombi muri ubu buryo mu gihe hari hamaze iminsi micye hacicikana amashusho anejeje agaragaza Flavour yagiye gutora abakobwa be ku ishuri.

Muri ayo mashusho baza basanganira Flavour biruka bamufitiye urugwiro undi nawe akabayambirana ubwuzu.

Amakuru menshi akomeza kugenda atangaza ko Flavour yashyingiranwe na Sandra nubwo nta gihamya ibigaragaza.

Kugeza ubu Flavour ni umubyeyi w’abana bane barimo abakobwa batatu n’umuhungu umwe yemeye kurera amukuye muri Liberia.

Abakobwa ba Flavour ni Munachi Gabrielle, Okoli Kaima Okoli na Sofia Okoli.Sandra yagaragaje ko akunda Flavour birenze kumubera umukunzi ahubwo amufata nk'umubyeyi weSandra afitanye abana babiri na Flavour ndetse ari mu banyamideli bahagaze nezaKaima wizihiza isabukuru y'amavuko ku munsi umwe na se Flavour






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND