RFL
Kigali

NKORE IKI: Umugabo wubatse yateye inda umukobwa twakundanaga ndera umwana arakura none aramushaka

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:23/11/2022 13:21
0


Urukundo rwamubereye inzira ndende bigera n’aho umugabo wubatse ateye inda umukobwa yakundaga cyane, babigira ibanga, nyuma aza guteshwa umutwe n’uwo mugabo. Uyu musore aragisha inama.



Mu magambo ye uyu musore yagize ati: ”Amazina yanjye ni David, vuba aha umukobwa witwa Jenifer, yaje kumbera umukunzi turakundana cyane. Icyo gihe yigaga mu mashuri abanza ariko ageze mu mwaka wa gatandatu yiga ataha.

Mbere y’uko dufata umwanzuro wo gukundana, twari inshuti zisanzwe nta bintu byinshi tuvugana, gusa turebana akana ko mu jisho ariko ntawe uratobora ngo abwire mugenzi we ko amukunda cyane.

Mu gihe haciyemo agahe tuvugana ndetse twaremeranyijwe gukundana ubwo twari duhuriye mu bukwe bwa mukuru we, nagiye kumva numva inkuru mbi ivuga ko ashobora kuba akundana n’umugabo w’umuturanyi ufite urugo (Umugore n’abana).

Uyu mukobwa twakundanaga yaje gutwita ariko abantu bakomeza batekereza ko uwo mwana ashobora kuba atari uwanjye, gusa ntabwo nigeze nita ku magambo y’abantu kubera urukundo nakundaga Jenifer. Naramukunze, ndamwemera, nemera kurera umwana kugeza ubwo yabyariye umwana.

Narihanganye cyane, none uwo mugabo yaje kunyibwirira ko ntari se w’umwana wavutse. Naje kubibwira umuryango wanjye, bahamagaza Jenifer, avuga ko amakuru y’uko yakundanye n’undi mugabo atari yo. Barabinyemeje nanjye nkomeza gukundana nawe.

Mu kwezi gushize uwo mugabo babyaranye, yarampamagaye kuri telefoni arambwira ngo ni ukuri, yateye inda Jenifer ariko bemeranya kubigira ibanga.

Kuva ku munsi wa mbere, naratunguwe cyane. Uyu mukobwa Jenifer, yarantunguye arangambanira. Ndi kumva narekeraho kwita ku mwana nita ko ari uwacu kandi n’undi mugabo ampamagara akambwira ko ari uwe.

Mungire inama”.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND