RFL
Kigali

Ku biceri 5 by'ijana umufana arareba umupira w'u Rwanda na Libya ntawe umukozeho

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:27/09/2022 9:18
0


Ibiceri 5 by'ijana biremerera umufana wifuza kureba umupira w'u Rwanda na Libya kwinjira, nta muntu umukozeho.



Kuri uyu wa kabiri tariki 27 Nzeri, ikipe y'igihugu Amavubi y'abatarengeje imyaka 23 irakira ikipe y'igihugu ya Libya mu mukino wo kwishyura hashakishwa itike y'igikombe cy'Afurika, kizabera muri Maroc umwaka utaha. Ni umukino uri buze gutangira ku isaha ya saa 15:00, ukabera kuri sitade mpuzamahanga y'akarere ka Huye.

Ni umukino wo kwishyura nyuma y’aho mu cyumweru gishize mu mukino ubanza, u Rwanda rwatsinzwe ibitego 4-1. U Rwanda rukomeje kwakirira imikino yarwo kuri sitade mpuzamahanga y'akarere ka Huye, kuri iyi nshuro rworohereje abantu bashaka kureba uyu mukino bigendanye n'ibiciro byashyizweho.

Imyanya y'icyubahiro cya mbere haricara abantu batumiwe. Kwinjira muri VIP ni ibihumbi 5 Frw, ahasigaye handi hatwikiriye kwinjira ni ibihumbi 2 Frw, mu gihe agasigaye hose hadatwikiriye kwinjira ari amafaranga 500 Frw. Amavubi U23 arasabwa gutsinda ibitego 3-0 cyangwa se agakora ikinyuranyo cy'ibitego 3.



Amavubi U23 arasabwa kurira umusozi kuburyo atari yiteza






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND