RFL
Kigali

Tugufitiye umwenda tudashobora kwishyura - Joe Biden yihanganishije Abanyamerika bagizweho ingaruka n'ibitero byo kuwa 11/09

Yanditswe na: Jean De Dieu Iradukunda
Taliki:12/09/2022 18:07
0


Guhungabana, umubabaro, ubwoba, umujinya mwinshi, ni zimwe mu ngaruka zatewe n'igitero cya tariki ya 11 Nzeri 2001 cyagabwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mu kwibuka ibi bitero no kwihanganisha abagizweho ingaruka nabyo, Perezida Biden yatanze ubutumwa bw'ihumure.



Tariki ya 11 Nzeri 2001 ni umunsi utazibagirana mu mateka ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubwo umutwe w’iterabwoba wa Al-Qaeda wagabaga ibitero ku miturirwa ya World Trade Center na Pentagone, abasaga 2,500 bakahasiga ubuzima, naho ababarirwa mu 9000 bakahakomerekera.

Guhungabana, umubabaro, ubwoba, umujinya ni zimwe mu ngaruka zatewe n'ibitero byo ku ya 9/11/2001. Nubwo hashize imyaka 21 ibi bigero bigabwe kuri Amerika, na n'ubu hari abagihura n'ingaruka zabyo. 

Ibi bitero byateje akaga gakomeye Abanyamerika na cyane ko byari biteye ubwoba. 63% by'abanyamerika bavuze ko badashobora guhagarika kureba amakuru avugwa kuri ibyo bitero byabagabweho cyo gihe.

Nyuma y'iminsi micye nyuma y'itariki ya 9/11, kuva ku ya 13-17 Nzeri 2001, umubare munini w'abantu bakuru (71%) bavuze ko bumva bihebye, hafi kimwe cya kabiri (49%) bagize ikibazo mu mitekerereze, abandi yavuze ko bafite ikibazo cyo gusinzira.

Ibi bitero byahungabanyije cyane Abanyamerika


Ubwo umutwe w'iterabwoba wa Ai-Qaeda wagabaga igitero muri America

Ubutagondwa bwa kisilamu bwatewe n’impinduramatwara ya Irani, Abasoviyeti bateye Afuganisitani ndetse n’iyicwa rya Perezida wa Misiri. Ubwo butagondwa bwahinduye kurwanya Abanyamerika kubera ko Amerika ishyigikiye Isiraheli mu kurwanya ubutegetsi bw'Abarabu bukandamiza benshi ku Isi.

Ibitekerezo by'abahezanguni byateye urugomo kuko ubutegetsi bw'inzego z'ibanze nta bundi buryo bwasize bwo kuvugurura amahoro, demokarasi. Ikwirakwizwa ry’intwaro ryahaye abarwanashyaka uburyo bwo kugirira nabi, kandi guhanga udushya mu itumanaho byatumye isi yose imenyekanisha ibikorwa byabo - ibyo bikaba byari intego y’intambara.



Abarokotse iki gitero bagize ihungabana kugeza na n'ubu

Ejo tariki 11/09/2022 Perezida wa Amerika, Joe Biden, mu ijambo yagejeje ku banyamerika, yaragize ati "Ku banyamuryango bacu bose, imiryango yabo, abahoze mu ngabo, imiryango Gold Star, abarokotse n'abarezi bitanze cyane ku bwigihugu cyacu, tugufitiye umwenda udasanzwe. Ni umwenda tudashobora na rimwe kwishyura, ariko tuzahora twuzuza inshingano zacu kuri wewe". 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND