Ambasaderi w'u Rwanda mu Budage, Igor Cesar, yakiriye kandi agirana ibiganiro n’umuhanzi Jules Sentore uri kubarizwa i Burayi aho yagiye mu bitaramo.
Mu ijoro ryo ku wa 24 Kanama 2022,
ni bwo Jules Sentore yerekeje ku Mugabane w’u Burayi mu bitaramo ‘Gakondo yacu
Europe Tour’ bizamara amezi abiri.
Kugeza ubu ibitaramo bimaze kwemezwa
ni ibizabera mu bihugu bine birimo u Bubiligi, u Bufaransa, u Budage na
Pologne.
Ni ibitaramo byateguwe na Fusion
Events ifatanije n’inzu ifasha abahanzi mu bya muzika, Kwanda Music, ari na yo
Jules Sentore abarizwamo.
Fusion ni yo yatumiye abarimo umuhanzi
Davis D umaze iminsi mu bitaramo mu Burayi.
Kuri uyu wa Mbere tariki 29 Kanama
2022, Jules Sentore yagaragaje ko mbere y’uko ataramira i Burayi, yahuye na
Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor Cesar. Uyu muhanzi yavuze ko ‘ari
ibyishimo guhura na Ambasaderi Igor Cesar’.
Ibi bitaramo Jules Sentore
azabihuriramo na Gateka Briane wamamaye mu bavanga umuziki nka Dj Briane.
Bizaba guhera ku wa 15 Ukwakira 2022 kugeza ku wa 30 Ugushyingo 2022.
Bigomba kumara nibura iminsi 45.
Jules Sentore avuga ko ibihugu azakoreramo ibitaramo bishobora kwiyongera,
ashingiye ku biganiro bigikomeje n'ababitegura.
Jules aherutse kubwira InyaRwanda ko
ibi bitaramo bigamije gukumbuza Abanyarwanda batuye muri ibi bihugu, ‘umuco
gakondo n’u Rwanda’ n’abandi bahabarizwa.
Ati “Ikintu cyose ni amahitamo
y’umuntu. Umuco gakondo ugenda muri wowe, umuco w’igihugu cyawe. Wakunze
igihugu cyawe ukunda n’umuco wawe. Ntawe ukunda umuco ngo yange igihugu, ntawe
ukunda igihugu ngo yange umuco.”
Asobanura umuco nk’igicumbi
‘cy’ubuzima bwacu’, akavuga ko ibi bitaramo atari umwanya wo gukundisha abantu
umuco ‘ahubwo ni umwanya wo kubakumbuza bya bindi bisanzwe bibabamo, ubuzima,
hanyuma tugafatanya gutarama no guhimbarwa’.
Jules Sentore amaze kubaka izina mu
njyana Gakondo afite ubuhanga bw’umwimerere mu kuririmba, aho yakunzwe mu
ndirimbo ‘Umpe akanya’, ‘Kora akazi’, ‘Diarabi’, 'Gakondo” n'izindi.
Jules Sentore yahuye kandi agirana
ibiganiro na Ambasaderi Igor Cesar
Sentore yavuze ko yishimiye guhura na
Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor Cesar
Ku wa 24 Kanama 2022, ni bwo Jules Sentore yerekeje ku Mugabane w’u Burayi. Yaherekejwe n’abarimo Masamba Intore
Ibitaramo Jules yagiye gukorera ku Mugabane w'u Burayi bizamara amezi abiri
JULES SENTORE AHERUTSE GUSOHORA INDIRIMBO ‘HINGA AMASAKA’
TANGA IGITECYEREZO