Umuhanzi Kayigire Josue uzwi mu muziki nka Afrique wamamaye mu ndirimbo zirimo 'Agatunda', yatangaje ko ari ibyishimo bikomeye kuri we nyuma y’uko akoreye igitaramo cya kabiri mu gihugu cya Uganda.
Uyu muhanzi ku wa 31 Nyakanga 2022,
yaririmbye mu gitaramo ‘Chill with the big Boyz’ cyo gufungura akabyiniro
B-Club Kampala mu Mujyi wa Kampala muri Uganda.
Ni igitaramo yahuriyemo na Kataleya
na Kandle bakoranye indirimbo ‘Nyash’, Bwiza ndetse na Goya Menor wo muri
Nigeria uzwi mu ndirimbo zirimo ‘Ameno’ iri mu njyana ya amapiano. Iyi ndirimbo
yayikoranye na Nektunez.
Aba bahanzikazi Kataleya na Kandle
baheruka mu Rwanda mu rugendo rwo kumenyekanisha iyi ndirimbo bakoranye na
Afrique.
Mu kiganiro bagiranye
n’itangazamakuru ubwo bari mu Rwanda, bavuze ko bakoranye indirimbo na Afrique
kubera ko ari umuhanzi biyumvamo kandi uri mu kigero cyabo.
Afrique yabwiye inyaRwanda ko iki
gitaramo yakoreye mu gihugu cy’abaturanyi kitabiriwe n’Abanyarwanda benshi
ndetse n’abanya-Uganda bahatuye.
Avuga ko yashimishijwe no gusanga
indirimbo ze zizwi muri Uganda. Ati “Ikintu cyanshimishije ni ugusanga hari
n’abanya-Uganda baririmba indirimbo zanjye nkibaza nti ese buriya baba bazi
icyo bisobanuye, byanyeretse ko hano zishobora kuba zizwi cyane (indirimbo).”
Akomeza ati “Mbifashishijwe
n’Abanyarwanda bari hano bari bishimye. Banyeretse urukundo rwinshi.”
Afrique yavuze ko kuri uyu wa Gatatu
afite ikindi gitaramo akorera ahitwa Nomades. Ndetse ko hari abahanzi bagiye
gukorana indirimbo no gufata amashusho ya zimwe mu ndirimbo ze.
Ati “Hari abahanzi twakoranye nje
kugira ngo dusoze. Hari n’ibikorwa byinshi birimo no gufata amashusho
y’indirimbo zanjye n’ibindi byinshi.”
Afrique yakoreye igitaramo cye cya
kabiri muri Uganda
Afrique yahuriye ku rubyiniro na
Kataleya na Kandle bakoranye indirimbo na ‘Nyash’
Afrique yavuze ko hari indirimbo ari gukorera muri Uganda n’izindi afitanye n’abandi bahanzi
Afrique aherutse gushyira hanze
amashusho y’indirimbo ye yise ‘Akanyenga’.
Producer Niz Beat uri gufasha mu
muziki Afrique muri iki gihe yitabiriye iki gitaramo
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO‘AKANYENGA’ YA AFRIQUE
TANGA IGITECYEREZO