Kuva tariki 13 kugera tariki 17 Nyakanga 2022 mu Rwanda hateganyijwe shampiyona ya Afurika mu mukino wa Taekwondo izitabirwa n'ibihugu bigera kuri 21.
Harabura iminsi 5 gusa ngo u Rwanda rwakire shampiyona ya Afurika mu mukino wa Taekwondo, imikino izabera muri BK Arena kuva tariki 13 kugera tariki 17 uku kwezi. Ni ubwa mbere iyi mikino igiye kubera mu bihugu byo munsi y'ubutayu bwa Sahara aho iyaherukaga kuba yabereye muri Senegal.
Ibihugu bigera kuri 40 ni byo byamaze kwemeza ko bizitabira iyi mikino izaba mu bice byombi yaba Poomsae na Kyorugi.
Ibihugu bizitabira:
1 Algeria
2 Benin
3 Botswana
4 Burkina Faso
5 Burundi
6 Cameroon
7 Cape Verde
8 Central African Republic
9 Chad
10 Congo
11 Cote D'ivoire
12 Djibouti
13 DR Congo
14 Egypt
15 Equatorial Guinea
16 Gabon
17 Gambia
18 Ghana
19 Guinea
20 Guinea-bissau
21 Kenya
22 Lesotho
23 Libya
24 Madagascar
25 Mali
26 Morocco
27 Mozambique
28 Niger
29 Nigeria
30 Refugee team
31 Rwanda
32 Senegal
33 Somalia
34 Sudan
35 Swaziland
36 Tanzania
37 Togo
38 Tunisia
39 Uganda
40 Zimbabwe
Shampiyona y'Afurika muri Taekwondo iza ku mwanya wa Kane mu marushanwa akomeye nk'uko tubikesha ishyirahamwe ry'umukino wa Taekwondo ku Isi
Mu kiganiro InyaRwanda.com twagiranye na Placide Bagabo ushinzwe gutegura iri rushanwa, yatubwiye ko imyiteguro imeze neza ndetse bageze ku kigero cya 90% bitegura. Yagize ati: "Navuga ko imyiteguro tugeze ko kuri 90% kuko ibyinshi by'ibanze twamaze kubikora. Navuga ko ubu ibitaratungana n'ubundi n'ibyo tutari gukorera mu Rwanda, kuko twatumijeho ibihembo, bimwe mu bikoresho by'ikibuga nabyo birimo kuza, urebe navuga ko ribyo bibura gusa."
Placide yakomeje atubwira ko n'ubwo ibihugu byitabiriye ari byinshi nta gisibya nabo biteguye neza kubacyira. "Ubu twamaze kumenya ibihugu bizitabira, ndetse n'umubare w'abakinnyi bazaza kandi twamaze kubashakira aho bazaba ndetse na BK Arena izakira imikino twamaze kumvikana."
Placide Bagabo yatangaje kandi ko u Rwanda narwo rwiteguye bihagije ndetse yizeza abanyarwanda ko mu midari izakinirwa nabo bafite iyo bazegukana bagendeye ku myitozo ikipe y'igihugu iri gukora.
Kuva tariki 10 Nyakanga ni bwo ibihugu bizatangira kugera mu Rwanda
Twabibutsa ko mu mezi atambutse ishyirahamwe ry'umukino wa Taekwondo mu Rwanda (RTF) ryahaye akazi umutoza ukomoka muri Korea y'Epfo Jeong Ji-Man akaba ari nawe uzaba ari Umutoza Mukuru w'amakipe azahagararira u Rwanda.
TANGA IGITECYEREZO