RFL
Kigali

Unesha nzamuha kuri manu yahishwe: Nyota ya Alfajili Choir yashyize hanze indirimbo ‘Itorero’ ikomeza abakomerewe n’ubuzima-VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:2/07/2022 12:34
1


Korali imaze imyaka irenga 20 itangiye urugendo yitwa Nyota ya Alfajili yongeye gukora mu nganzo batambutsa ubutumwa mu ndirimbo bise ‘Itorero’ irimo amagambo yomora imitima ikomerewe bugasubiza intege mu baramerewe.



Mu kiganiro gito bagiranye na INYARWANDA, aba baririmbyi bagize bati: ”Korali yacu tunejejwe no gukomeza gutambutsa ubutumwa bwiza tubinyujije mu mpano Imana yaduhaye yo kuririmba aho twashyize hanze indirimbo nshya yitwa ‘Itorero’ ishingiye ku ijambo riboneka mu gitabo cy’Ibyahishuwe 2:17 rigira riti "Unesha nzamuha kuri manu yahishwe, muhe n'ibuye ryera ryanditsweho izina rishya ritazwi n'umuntu wese keretse urihabwa.’”

Uyumvise neza kandi ugendeye no ku ijambo ishingiyeho, usanga ariyo kumvisha abagowe n’ubuzima kubinyuramo ari bwo butsinzi. 

Nyota ya Alfajili choir yabonye izuba mu mwaka wa 1992 aho itsinda ry’abantu ryishyize hamwe ngo batangire bakorere Imana babinyujije mu ndirimbo no kwamamaza ubwami bw’Imana.

Korali Nyota ya Alfajili ni imwe mu makorari akora umurimo w’Imana mu Itorero rya ADEPR, Ururembo rw’Umujyi wa Kigali, Itorero rya Kicukiro, muri Paroisse ya Gatenga, umudugudu wa Gatenga. Uyu mudugudu ni nawo cyicaro cy’iyo Paroisse. Umudugudu wa Gatenga uherereye mu mudugudu wa Cyeza mu Kagari ka Nyanza mu Murenge wa Gatenga.

Korali Nyota ya Alfajili igizwe n’abaririmbyi 120 bari mu byiciro byose (abagabo, abagore abakobwa n’abasore). Ikorera umurimo w’Imana hirya no hino mu gihugu. Yatangiye nka Korali y’icyumba ari cyo cyaje guhinduka umudugudu wa Karambo. Icyumba kimaze gukomera Korali yaje kugirwa imwe mu zigize Umudugudu wa ADEPR Gatenga.

Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yatumye iyi Korali ibura abaririmbyi (bamwe barapfuye abandi barahunga). Mu mezi ya Nyuma y’1994, abaririmbyi bake bari basigaye barisuganije bafatanya n’abandi bashya bakomeza umurimo w’Imana wo kwamamaza ubutumwa bwiza.

Mu 1998 ni bwo iyi Korali yiswe Nyota ya Alfajili bisobanura "Inyenyeri yo mu ruturuturu". Abenshi bibaza ubusobanuro n’impamvu z’iri zina. Iryo zina riboneka muri Bibiliya mu rwandiko rwa kabiri rwa Petero (2Petero 1 :19) havuga ngo "Nyamara rero dufite ijambo ryahanuwe rirushaho gukomera kandi muzaba mukoze neza nimuryitaho, kuko rimeze nk’itabaza rimurikira ahacuze umwijima rigakesha ijoro, rikageza aho inyenyeri yo mu ruturuturu izabandurira mu mitima yanyu".

Iryo zina barihawe kubera kuzindukira muri nibature, umucyo ugatangaza bamaze kugera mu nzu y’Imana no kwemera gutumwa hirya no hino kandi bakabyemera babikunze. Bizera ko ibyo bakora byose babishobozwa na Kristo ubaha imbaraga, ngo barusheho kubera abandi urumuri. Iyi Korali yagiye itera imbere ari na ko yunguka abakunzi hirya no hino ku isi bagiye banayifasha mu bikorwa bitandukanye by’iterambere. 

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO NSHYA 'ITORERO' YA NYOTA ALFAJILI

Bifashishije inganzo batanga ihumure ku 'Itorero' ry'Imana 

Imyaka ibaye 20 batangiye urugendo rw'umuziki wabo

Baritegura gukora igiterane cyabo 'Ibihamya' Igice cya kabiri nyuma y'icyo bakoze mu mwaka wa 2019

Nyota ya Alfajili ni izina biswe mu mwaka wa 1998 rikaba risobanuye Inyenyeri yo mu ruturuturu

Ni abahanga mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana

KANDA HANO WUMVE UNAREBE INDIRIMBO 'ITORERO' YA ALFAJILI










TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Iracyaturagiye Israel 1 year ago
    Iyi choir turayikunda God bless you





Inyarwanda BACKGROUND