Rutahizamu w’umunyua-Senegal, Sadio Mane wamaze kwerekeza muri Bayern Munich yo mu Budage avuye muri Liverpool yo mu Bwongereza yari amaze imyaka 6, mu magambo arimo amarangamutima menshi yashimiye abafana b’iyi kipe yakiniye igihe kirekire, ababwira ko afite urwibutso ruzatuma atabibagirwa.
Kuri
uyu wa Kabiri tariki ya 21 Kamena 2022, Sadio Mane yakoze ikizamini cy’ubuzima
muri Bayern Munich basanga nta kibazo afite, ahita ashyira umukono ku
masezerano y’imyaka itatu agiye kumara i Munich akinira Bayern.
Sadio
Mane wari umaze imyaka 6 akinira Liverpool yerekeje mu Budage atanzweho
miliyoni 32 z’amayero ashobora kuziyongeraho miliyoni 6 z’amayero nyuma.
Kuri
uyu wa Kane tariki ya 22 Kamena 2022, nibwo uyu mukinnyi yanyuze ku mbuga
nkoranyambaga ze asezera abafana ba Liverpool bari bamaranye imyaka 6.
Yagize
ati: “Nshuti zanjye bafana, biragoye kubona amagambo nabivugamo, gusa ndashaka
kubashimira mbikuye ku ndiba y’umutima, nshimishijwe cyane no kuba ndi agace
gato mu bagize uruhare mu kugera ku musaruro ushimishije twagize mu myaka 6
ishize.
Mwari
muhari mu byiza no mu bibi, sinzabibagirwa”.
Sadio
Mane wamaze gusinya amasezerano y’imyaka itatu muri Bayern Munich, yageze
Anfield mu 2016 avuye muri Southampton, mu myaka 6 ayimazemo amaze kuyikinira
imikino 269 akaba yarayitsindiye ibitego 120.
Mane
yafashije Liverpool kwegukana ibikombe 6 bitandukanye birimo Premier League
yari imaze imyaka 30 yirukaho, na UEFA Champions League yegukanye mu 2018-19.
Sadio
Mane kuri ubu uri muri Bayern Munich nk’umukinnyi mushya ashobora kubisikana na
Lewandowski ushobora kwerekeza muri FC Barcelona muri iyi mpeshyi.
Sadio Mane yishimiye ibyo yagezeho ari kumwe na Liverpool mu myaka 6 yayikiniye
Mane yashimiye abafana ba Liverpool babanye mu myaka 6
TANGA IGITECYEREZO