Umwaka umwe wari uhagije kugira ngo Umurundi Haringingo Francis asige urwibutso mu mitima y’abafana ba Kiyovu Sport yashimye ubutwari n’ubwitange ariko bamwe muri bo bamwita umugambanyi nyuma yo kwerekeza muri mukeba Rayon Sports.
Haringingo
Francis Christian wari umaze umwaka umwe atoza Kiyovu Sport, yamaze kwerekeza
muri mukeba Rayon Sports n’itsinda ry’abatoza bafatanyaga akaba yasinye
amasezerano y’umwaka umwe.
Mu
mwaka umwe Haringingo yatoje Kiyovu Sports, yafashije iyi kipe gusoza ku mwanya
wa kabiri muri shampiyona y’u Rwanda n’amanota 65, ikaba yararushijwe inota
rimwe na APR FC yegukanye igikombe.
Kuri
uyu wa Gatatu tariki ya 22 Kamena 2022, kuri B&B FM Haringingo Francis
yafashe umwanya ashimira abafana ba Kiyovu Sport babanye umwaka wose ndetse
anabasezeraho.
Mu
kiniga cyinshi Haringingo yagize ati”Hari igikorwa abafana bakoze cyankoze ku
mutima by’umwihariko turi i Muhanga, ni abafana navuga bakuriwe na Hemedi bagumye
hafi y’ikipe cyane, ndamushimira nk’umuyobozi w’abafana, nkashimira by’umwihariko
abafana bose ba Kiyovu Sport, abakunzi bose ba Kiyovu Sport bakoze ibintu
bikomeye cyane. Uyu mwaka ntabwo twatangiye neza ariko bakomeje kuba hafi y’ikipe
umukino ku mukino turi kumwe, navuga ko twari dufite umukinnyi wa 12 kuri buri
mukino, twabanye mu byiza no mu bibi ntacyo nabashinja.
Ndashaka
kubashimira by’umwihariko nubwo bifuzaga ko tugumana ariko ni umupira w’amaguru,
uyu munsi uba uri hano ejo ukajya hariya”.
Haringingo
Francis yasinyiye Rayon Sports kuyitoza mu gihe cy’umwaka umwe aho yifuza
kwegukana igikombe cya shampiyona cy’umwaka utaha w’imikino.
Haringingo Francis yamaze gusinyira Rayon Sports avuye muri Kiyovu Sport
TANGA IGITECYEREZO