RFL
Kigali

Kina Rwanda yatangije gahunda y’imikino izakomereza hirya no hino mu Rwanda-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:14/06/2022 21:04
0


Ku wa gatandatu tariki 11 Kamena, 2022 Kina Rwanda yatangije Kina Rwanda Tour ku kigo cya Gasore Serge Foundation mu karere ka Bugesera.



Uyu munsi ni uwa mbere muri itanu iteganyijwe muri Kina Rwanda Tour mu bukangurambaga bwo guteza imbere gukina mu Rwanda.

Uyu munsi wiswe “Hanga Isi y’ Imikino” uri muri gahunda mpuzamahanga yo guteza imbere kwiga binyuze mu mikino yiswe “Build a World of Play” y’umuryango witwa LEGO Foundation.

Malik Shaffy Lizinde, uhagarariye Kina Rwanda, yasobanuye intego y’iyi Kina Rwanda Tour. Ati “Twiyemeje gushaka uburyo bushya bwo kugaragaza akamaro ko gukina, no gutekereza kwiga mu buryo butamenyerewe na benshi binyuze mu gushishikariza abantu kubona ko gukina ari inkingi ya mwamba mu mikurire y’umwana.”

“Kina Rwanda Tour ni uburyo bwo kugera ku bantu aho bari, tukaba tubufatanyirije n’ abafatanyabikorwa duhuje intego yo guteza imbere imikurire y’abana.

Kina Rwanda Tour yateguwe kubera umusanzu w’abafatanyabikorwa batandukanye bakora ibijyanye no kwiga binyuze mu mikino ndetse n’abandi bateza imbere imikurire, imyigire ndetse n’ imibereho myiza y’ abana.

Iyi gahunda yo gukina izagera mu tundi turere mu kwezi gutaha yateguwe na Kina Rwanda ifatanyije na UNICEF, ishyirwa mu bikorwa ku bufatanye n’Akarere ka Bugesera, Gasore Serge Foundation, Sugira Muryango, Agati Library, Rwanda Girl Guides Association, Kigali Public Library, Mukamira, ndetse na Winnaz.

Aba bafatanyabikorwa bifashishije umwihariko wabo kugira ngo batume imikino ikurikiza ibyo siyansi ivuga ku mikurire myiza y’ abana.

Umuyobozi w’ akarere ka Bugesera, Bwana Richard Mutabazi nawe yashimangiye akamaro ko gukina avuga ko bifasha abana kugira ubuzima bwiza, kwiga byinshi ndetse no gusobanukirwa amarangamutima yabo.

Ati “Mu karere ka Bugesera dushishikariza ababyeyi gufata umwanya bagakina n’abana kuko bifasha mu kurushaho gusabana no kuba inshuti ndetse bigafasha cyane no mu mikurire yabo.”

Yongeraho ati “Ni byiza ko Kina Rwanda iri guteza imbere akamaro ko gukina hirya no hino mu gihugu, twishimiye kuba twarabakiriye mu karere kacu, kandi twifuza ko bazagaruka.”

Julianna Lindsey, uhagararariye UNICEF mu Rwanda nawe yongeye kugaragaza ko UNICEF igikomeye ku ntego yayo yo guteza imbere kwiga binyuze mu mikino mu Rwanda ifatanyije n’abandi bafatanyabikorwa.

Yanashimangiye akamaro ko gukina agira ati “Gukina ni bwo buryo bwo kwiga ubwoko bwacu bukunda kurusha ibindi. Twishimiye gufatanya na Kina Rwanda mu guha abana batandunye bo hirya no hino mu gihugu amahirwe yo gukina guseka, kubyina, ariko cyane cyane kwiga ubumenyi bwo gukemura ibibazo, guhanga udushya no kudacika intege. Ubu ni ubumenyi buzarushaho kuba ingiramakamaro uko bazagenda bakura.”

Uyu munsi waranzwe n’ibyishimo ku bana n’ababyeyi barenga 700 bawitabiriye. Abana amagana bagaragaye biruka, basimubuka, bashushanya, bakora ubukorikori, baseka ndetse banamenyana n’ abandi - ibyishimo ni bimwe mu by’ ingenzi uyu munsi wagaragaje ariko si byo byonyine.

Uko abatabirye bagendaga bazenguka bava mu gice kimwe cy’imikino bajya mu kindi, babonye ko hari ubumenyi butandukanye abana bungukira mu gukina ndetse by’ umwihariko babona kuri wese yakina.

Umwe mu babyeyi bitabirye akaba yaranaherekeje abana batatu yagize ati “Icyanshimishije cyane ni ugukina ‘Agati’ uko twasiganwaga n’abana no bo babonye ko natwe burya dushobra gukina.”

Umufashamyuvire wo muri gahunda ya Sugira Muryango, igamije guteza imbere imiryango ikomeye n’abana bafite ubuzima bwiza, yavuze ko ababyeyi bakina n’ abana babo kuva bakivuka baba barushaho gukangura ubwonko bw’umwana akiri muto.

Undi mubyeyi nawe yongeyeho ko: “Byari biryoshye kandi byadufashije kurushaho kumenya abana bacu n’ ibyo bakunda kurusha ibindi.”

Luckman Nzeyimana, umunyamakuru kuri Television Rwanda  akaba n’ umubyeyi utuye i Bugesera, na we yazanye umukobwa we uwo munsi, ndetse anashishikariza abandi babyeyi gushyira imbaraga mu gutuma abana bungukira byinshi gukina.

Agira ati “Tujye duha abana bacu umwanya wo gukina, kugira ngo bamenyane, kuko ejo bibafasha no kuzaba inshuti binyuze mu gukina.”

Inyange Industries, ni umwe mu bafatanyabikorwa b’uwo munsi, ikaba n’umuryango ugamije gutuma abana banywa ibikomaka ku mata biryoshye kandi bifite intungamubiri binyuze mu gice cy’ ibyo bakora byitwa Mukamira.

Umuyobozi Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Inyange Industries, Garuka Patricia ati “Gufatanya na Kina Rwanda ni byiza kuko duhuje intego. Twese hamwe duteza imbere imikurire myiza y’ abana ku mubiri ndetse n’ubwenge. Tugamije gutanga umusanzu wacu ngo turusheho kugira umubare munini w’abana bafite ubuzima buzira umuze, bishimye kandi bakunda gukina.”

Ababyeyi n’abandi bita ku bana baherekeje abana kuri uwo munsi bagize umwanya wo kuganira n’ abafatanyabikorwa bari aho kugira ngo barusheho gusobanukirwa kwiga binyuze mu mikino ndetse n’ uko babikoresha mu buryo barera abana kugira barusheho gufasha abana mu mikurire yabo.

Kina Rwanda Tour ni gahunda izakomeze mu kwezi kwa Nyakanga, utundi turere na two tuzagira ibikorwa bisa n’iki; Rubavu ikazakira uyu munsi taiki ya 9, Musanze tariki 16, Nyanza tariki 2, na Gasabo tariki ya 30.

Mu mezi yashize, Kina Rwanda yanahuguye abakorera ibitangazamakuru bitandukanye mu gukora inkuru ziteza imbere kwiga binyuze mu mikino ndetse binyuze mu biganiro ku ma radiyo na televisyo, n’ imbuga nkoranyambaga bagiye bagaragaza akamaro ko gukina mu mikurire y’ abana.     

Ku wa gatandatu, Kina Rwanda yatangije Kina Rwanda Tour ku kigo cya Gasore Serge Foundation mu karere ka Bugesera 

Kuva mu 2021, Kina Rwanda yatangiye ubukangurambaga bwo gushishikariza abakuru gukina n'abana 

Arthur Nkusi, umwe mu batoza mu mahugurwa ya Kina Rwanda 

Umwana iyo yakinnye arishima, aranezerwa, akunguka ubumenyi 

Intego ya Kina Rwanda ni ukwagura ubukangurambaga bugaragaza akamaro gukina bigira mu buzima bw’abana 

Umunyamakuru kuri Televiziyo Rwanda akaba n’ umubyeyi utuye i Bugesera, Luckman Nzeyimana yari kumwe n’umwana we muri Kina Rwanda

 

Gasore Serge yashimye Kina Rwanda yatangirije ubu bukangurambaga mu Karere ka Bugesera, by’umwihariko mu kigo yashinze

 

Mc Brian, uri mu bashyushyarugamba bakomeye mu Rwanda yifashishijwe no muri Kina Rwanda 

Ni inshingano z’ababyeyi gufasha abantu gukina imikino kugira ngo bamenye byinshi 

Imikino irimo nka ‘agakoni’, ‘kiresesi’ n’indi yiganza cyane muri Kina Rwanda 

Kina Rwanda ni umuryango Nyarwanda ndetse ukorera no mu bindi bihugu, wemera ko gukina ari umusemburo w’iterambere ry’ubukungu n’imibanire mu bantu 

Abana bahabwa umwanya wo gususurutsa bagenzi babo. Uyu ni Dj ukiri muto


Umunyamakuru wa Kiss Fm, Antoinette Niyongira yakinnye n’abana biratinda

 

Gukina n’abana byubaka urukundo hagati y’umubeyi n’umwana

Guha abana amahirwe yo gukinira mu rugo, bitanga icyizere cyo kugera ku nzozi zabo binyuze mu kunguka ubumenyi babinyujije mu mikino 

Kina Rwanda Tour ni gahunda izakomeze mu kwezi kwa Nyakanga 

Muri Mata 2021, Kina Rwanda yatangiye umushinga witwa ‘Play for Success’, ugamije gukora ubukangurambaga ku kamaro ko kwiga binyuze mu gukina


 

Uyu munsi waranzwe n’ibyishimo ku bana n’ababyeyi barenga 700 bawitabiriye






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND