RFL
Kigali

Yari arwaye kanseri y’ibihaha! IPRC Kigali yifatanije n’umuryango wa Uwamahoro Theophila wari muri 2700 bambaye witabye Imana

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:12/05/2022 15:50
3


Uwamahoro Theophila wari mu banyeshuri ba IPRC Kigali waherukaga gusoza kwandika igitabo wari utegereje kwambara ku munsi wa none, habura amasaha mbarwa kubera uburwayi bwa kanseri y’ibihaha yitabye Imana.



Mu masaha y’umugoroba wo kuwa 11 Gicurasi 2022, nibwo hamenyekanye amakuru y’incamugongo ko Uwamahoro Theophila yitabye Imana, wari umaze iminsi itari micye arwariye mu bitaro bya Nyamirambo indwara ya kanseri.

Ibi bikaba byabaye mu gihe yaburaga amasaha mbarwa akajya kwambara umwambaro ugenerwa abanyeshuri basoje ibyiciro bitandukanye bya Kaminuza, mu gikorwa cyabereye muri IPRC Kigali aho abagera ku 2700 bahuriye baturutse muri IPRC 8 ziri hirya no hino mu gihugu.

Mu butumwa iyi kaminuza yanyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter yagize iti:”Umuryango wa IPRC Kigali ufite akababaro kenshi ko kubura umwe mu bari basoje, Uwamahoro Theophila witabye Imana none kuwa 11 Gicurasi 2022 kubera uburwayi.  Aruhukire mu mahoro adashira kandi Imana ihe gukomera umuryango n’inshuti ze.”

Uwamahoro Theophila akaba yari umukobwa wari ufite imyaka 24, akaba yari arwariye mu bitaro bya Nyamirambo hakaba kandi ku makuru INYARWANDA ifite, akaba yaritabye Imana mugihe hari harimo hashakishwa uko yabona icyuma cyo kujya ahumecyeramo.

Ibikorwa byo kumuherecyeza bikaba biteganijwe kuri uyu wa 13 Gicurasi 2022, aho ku isaha ya saa tatu hateganijwe igikorwa cyo kumusezeraho, saa sita isengesho ryo kumusabira rizabera kuri Paruwasi ya Saint Vincent Paroti Gikondo, saa cyenda gushyingura mu irimbi rya Nyamirambo naho saa kumi n’imwe hateganijwe igikorwa cyo gukaraba kizabera mu rugo aho yavukaga.

Uwamahoro Theophila wari usoje muri IPRC Kigali witabye Imana

Bagenzi ba Uwamahoro Theophila bagera ku 2700 none nibwo bambaye mu birori byabereye muri IPRC Kigali

Ibirori byitabiriwe n’abo mu nzego zitandukanye z'Uburezi niz'Igihugu

Abasoje basoje mu byiciro birimo Engineering, Wildlife Management na Tourism







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • NSENGIMANA INNOCENT 1 year ago
    Nanjye nifatanyije namwe kukababaro uwiteka amuhe ibiruhuko bidashira
  • Mutesi1 year ago
    Uwashaka kwiyandikisha yanyura he
  • Umuhoza francoise1 year ago
    Birababaje cyane pee umuryango wa theophila wihangane mwisi Niko bigenda twese turabacumbitsi gusa ntabyinshi byo kuvuga imana imuhe kuruhukira mumahoro.





Inyarwanda BACKGROUND