Kigali

Breaking: Miss Nimwiza Meghan yavuye muri Miss Rwanda Organisations

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/04/2022 15:11
0


Nimwiza Meghan wambitswe ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2019, wari umuvugizi wa Rwanda Inspirational Back Up itegura Miss Rwanda yatandukanye n’ubuyobozi bw’iri rushanwa.



Kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Mata 2022, ubuyobozi bw’irushanwa rya Miss Rwanda, bwasohoye itangazo rivuga ko Miss Nimwiza Meghan atakiri umukozi wabo. Bagize bati “Turashaka kumenyesha abantu bose ko Nimwiza Meghan yatandukanye n’umuryango wa Miss Rwanda.”

Ubuyobozi bw’iri rushanwa bwashimye Nimwiza Megha ku murava n’umuhate yagaragaje mu kazi ka buri munsi n’uko yitwaye mu nshingano zo kuvugira iki kigo. Bamwifuriza amahirwe masa mu byo yerekejemo. Ntihatangajwe icyatumye atandukana na Miss Rwanda Organisations.

Miss Nimwiza Meghan ntakiri mu bakozi ba Rwanda Inspirational Back Up itegura Miss Rwanda

 

Miss Nimwiza yari umuvugizi wa Miss Rwanda kuva mu mwaka w’2021






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND