RFL
Kigali

Abakobwa batatu b’impanga barambagizwa n’umusore umwe batangaje ko bafite gahunda yo gushyingiranwa nawe

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:16/04/2022 11:42
0


Mu gihugu cya Kenya haravugwa inkuru y’abakobwa batatu b’impanga bahisemo kurambagizwa n’umusore umwe. Aba bakobwa batangaje ko uyu mukunzi wabo abakunda kimwe ndetse ko bafite gahunda yo kubana nawe bakamubera abagore.



Iyi nkuru y’aba bakobwa batatu b’mpanga ari bo Everlyn Wanjiru, Catherine Wanjiru na Mary Muthoni bafashe icyemezo cyo gukundana n’umusore umwe, yatangaje abatari bake.

Aba bakobwa bo mu gihugu cya Kenya basa cyane mu maso ndetse bigoye kubatandukanya, mu kiganiro baherutse kugirana n’ikinyamakuru cyo muri iki gihugu batangaje ko bahisemo gukundana n’uyu musore kuko abaha umwanya ungana ndetse akabakunda kimwe.




Catherine, Mary na Everlyn bahisemo gukundana n'umusore umwe

Uwitwa Mary yatangaje ko umuvandimwe we Catherine ari we wamenyanye bwa mbere n’uyu mukunzi wabo maze nyuma aza kuganiriza abavandimwe be ababwira iby’uyu musore biza kurangira nabo bamukunze. Mary mu magambo ye yagize ati: “Cate ni we wamubonye bwa mbere maze aza kutubwira ibimwerekeyeho biza kurangira twese tumukunze.”

Yakomeje avuga ko nubwo we n’abavandimwe be baba bafite umwanya muto kubera akazi ka burimunsi bakora bagerageza bakabona umwanya wo kuganira n’uyu mukunzi wabo ndetse iyo yabasuye aganira numwe muri bo abandi nabo akabaha umunsi wabo.  Mary yagize ati: “Ahura na Mary kuwa mbere, Eve kuwa kabiri na Cate kuwa gatatu.”

Mu kiganiro ubwo baganiraga n’umunyakamuru aba bakobwa batangaje ko hashize umwaka n’igice bakundana n’uyu mukunzi wabo ndetse ko bafite gahunda yo kubana nawe bakamubera abagore.

INDI NKURU WASOMA:  RDC: Umusore yarongoye abakobwa batatu b’impanga akabya inzozi zabo zo gushaka umugabo umwe 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND