RFL
Kigali

Dore ibyagufasha kuba umwarimu w’indashyikirwa muri bagenzi bawe

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:27/01/2022 19:19
1


Buri mwarimu aba afite uburyo bwe yigishamo abanyeshuri agamije kubafasha no kuzamura ireme ry'uburezi mu ishuri rye. Kuba mwarimu ujyanye n’igihe ntibisaba kuba undi muntu cyangwa ngo utakaze wowe ubwawe. Icyo usabwa ni ukwiga gahunda nshya nk’uko tugiye kubireba muri iyi nkuru.



Niba ushaka kuba umutamenwa, ukaba indashyikirwa mu mwuga wawe wo kwigisha, dore ibyo usabwa gukora umunsi ku munsi.

1.Urasabwa kwihangana.

Kwigisha bigenda bizana ingorane n’inzitizi uko iminsi igenda ihita indi igataha. Ibi biterwa n’uko bamwe mu barimu basabwa kujya basubiza buri mwana ibibazo akenshi bisa. Binyuze mu kwihangana rero uzabasha kubinyuramo, ubashe guca mu mujinya uterwa n’abana wigisha kugira ngo ugaragaze ubuhanga bwabo kubayobozi bawe kandi uzafasha n’abanyeshuri mu mitsindire yabo.

2.Hora utegura umunsi ku munsi.

Gutegura amasomo bifasha cyane mwarimu kuko bituma arushaho gukomeza kwegeranya ibimufasha kuza kugira isomo ryiza ubwo aza kuba atangiye kwigisha. Gutegura amasomo cyangwa ibindi bimufasha bituma adakoresha igihe cye nabi. Rero niba uri mwarimu ukaba ushaka gukomeza kwiteza imbere mu mwuga wawe kugeza ubaye indashyikirwa shyira imbere gutegura.

3.Funguka mu mutwe.

Iyo mwarimu yiteguye kumva abanyeshuri be no kubaganiriza, aba ashaka kubashyiramo ubuhanga n’ubumenyi batigeze babona mu ishuri. Ibi bimufasha kurema abana bashya bagendera ku ntekerezo nziza, abana bagutse mumutwe,…

4.Teza imbere gukorera mu matsinda

Gukorera hamwe mu bikorwa bitandukanye by’ishuri aho abanyeshuri ubasaba kujya bakorera hamwe mu rwego rwo kwigira hamwe no gufashanya, bituma ukemura ibibazo byinshi kandi icyarimwe mu ishuri ryawe. Ubu buryo butuma urema ikintu cyo gutekereza cyane, no kwifatira umwanzura kuri bo mu gihe gito cyane.

Mu by’ukuri inyungu zo kuba umwarimu mwiza zo ni nyinshi cyane, n’ibyo wakora ngo ube umwarimu mwiza na byo ni byinshi cyane. Niba uri mwarimu urasabwa gukora iyo bwabaga kugira ngo uzamure imitsindire y’abanyeshuri bawe ndetse ukomeze gukora cyane mu rwego rwo gukomeza kwiteza imbere.

Inkomoko: Cuemath.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Turacyayisenga Marie Claire 2 years ago
    Muraho ikindi kintu mbona cyatuma mwarimu aba indashyikirwa ni kuba yigisha yikoresha ntawe umubwirije, kuba yigisha ibyo azi, kandi akorera ku gihe ibyo byazamura umurezi mu iterambere murakoze





Inyarwanda BACKGROUND