RFL
Kigali

Mico The Best yatunze agatoki abashinzwe abahanzi ku kuba abanya-Nigeria bagitumirwa gutaramira i Kigali

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/01/2022 10:58
0


Abahanzi batatu bakomeye muri Nigeria babisikaniye i Kigali mu Ugushyingo 2021, abatari bacye ku mbuga nkoranyambaga bagaragaza ko bitari bikwiye niba koko iterambere ry’umuhanzi wo mu Rwanda ryifuzwa nk’uko inzego zibashinzwe zibivuga.



Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 5 Ugushyingo 2021, Adekunle Gold yataramiye kuri Canal Olympia ku Irebero mu gitaramo ‘Movember Fest’ yahuriyemo na Kenny Sol uzwi muri ‘Say my name’, ndetse na Gabiro Guitar ukunzwe mu ndirimbo ‘Koma’.

Ku wa 13 Ugushyingo 2021, Omah Lay yakoreye igitaramo gikomeye muri Kigali Arena, yizeza kongera kuhataramira nyuma yo kunyurwa n’ukuntu yakiriwe.

Ku wa 21 Ugushyingo 2021, Rema yataramiye i Kigali mu gitaramo cyashyize akadomo ku mukino wa Basketball w'abakinnyi b'intoranywa muri shampiyona.

Ijwi rya benshi ryumvikanye kenshi rivuga ko aba bahanzi b’abanyamahanga bishyurwa amafaranga menshi kurusha abahanzi bo mu Rwanda, usanga banatumirwa ari nk’impuhwe bagiriwe n’abateguye ibyo ibitaramo.

Bivugwa ko kugira ngo Rema ataramire i Kigali, yahawe miliyoni ziri hagati ya 100-180 Frw. Hari n’abavuga ko Fally Ipupa yari yahawe miliyoni 90 Frw gutaramira i Kigali, n’ubwo igitaramo cye cyasubitswe.

Mu ijoro ry’uyu wa kabiri tariki 18 Mutarama 2022, umuhanzi Mico The Best yasohoye amashusho y’indirimbo ye yise ‘Millionaire’ avugamo ko  yakuranye inzozi zo kuzaba umunyamafaranga, kandi ko agitumbiriye gusingira izo nzozi.

Muri iyi ndirimbo, uyu muhanzi aririmba abwira abashinzwe umuziki gushyira imbaraga kuko abahanzi b’abanyamahanga bamaze kwigaranzura ku isoko ry’umuziki wo mu Rwanda, bagahabwa umurengera mu bitaramo nyamara abahanzi bo mu Rwanda bicira isazi mu maso.

Ati “Dore dusigaye turwanira ibyana n'abanya-Niger. Ba Manager mushyiremo kime aka kazi ni danger [karakomeye] byaragaragaye ko aba-Neighbour [Abaturanyi] batwinjiriye, bakomeza bayajyana abasani [abahanzi] bayagaye”.

Muri aya mashusho, uyu muhanzi agaragaza amafoto ya Rema, Adekunle Gold na Omah Lay ubwo bataramiraga i Kigali mu Ugushyingo 2021.

Ijwi rya benshi mu banyamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, ryumvikanye kenshi rivuga ko bitari bikwiye ko umuhanzi wo mu mahanga arutishwa uwo mu Rwanda, ko bagakwiye guhabwa ibingana cyangwa se ntihabeho isumbana rikomeye mu mafaranga bahabwa.

Aba banavuga ko mu gihe abahanzi nyarwanda bahurijwe mu bitaramo bakwiye guhabwa amafaranga atubutse, kurusha kubifashisha nk’aho ariyo mahitamo ya nyuma, ndetse bagahabwa amafaranga macye ari kure y’ayo bagahawe.

Ku wa 16 Ugushyingo 2020, ubwo Muyoboke Alex yerekanaga Chris Hat nk’umuhanzi agiye kureberera inyungu ze, Umuyobozi wa East African Promoters itegura ibitaramo, Mushyoma Joseph, yasabye itangazamakuru ryo mu Rwanda kugira uruhare mu gukuza umuziki w’u Rwanda.

Avuga ko bitumvikana ukuntu ibitangazamakuru bikina indirimbo z’abahanzi bo mu mahanga nk’aho bishyurwa. Avuga ko we n’abandi bantu iyo bagiye mu mahanga batajya bumva indirimbo z’abo mu Rwanda zicurangwayo.

Ati “Itangazamakuru ryacu, nimushyire ingufu mu muziki wacu. Ni ibintu duhora tuvuga twese ku ma Radio, murakina indirimbo zo hirya no hino, ni iki babaha? Ni iki babamariye? Ni iki babafasha?

Akomeza ati “Twebwe iyo tugiye muri ibyo bihugu ntabwo twiyumva. Kuki muvunika? Murashishikara, muramamaza, mugapositinga, murashishikara kubera iki?

Yavuze ko byakugora kuba uri mu mahanga ukabaza umwenegihugu umuhanzi wo mu Rwanda azi, kuko akubwira ko ntawe azi. Cyangwa ukajya mu tubyiniro, utubari n’ahandi habera ibitaramo ngo wumve indirimbo y’umunyarwanda icurangwa.

Mushyoma avuga ko ibihugu byo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba, bishyize imbere gukina indirimbo z’abahanzi babo kurusha abo mu mahanga.

Asobanura ko adasaba itangazamakuru ryo mu Rwanda kureka burundu gucuranga izi ndirimbo, ahubwo ngo izo mu Rwanda zihabwe umwanya munini.

Yavuze ko itangazamakuru ryamamaza mu buryo bukomeye umuhanzi wo mu mahanga, bigatuma umufana abona ko akeneye kumureba amaso ku maso. Hanyuma EAP ikamutumira ikamuha amafaranga menshi akayajyana iwabo nta n’umusoro atanze.

Ati “Iyo tuzanye umuhanzi uvuye hanze tukamuhemba amafaranga rimwe na rimwe mukavuga ngo tumuhemba menshi, ni mwebwe muba mwabigizemo uruhare (itangazamakuru). Muramutwinjiriza, mukamwamamaza, tukayamuha akayajyana. Kuko urubyiruko rurashaka uwo muhanzi.”

“Kuko abasohoka barashaka uwo muhanzi. Abadusaba bati mwatuzaniye kanaka, nimwe muba mwabigizemo uruhare. Ntimukajye muhindukira muvuge muti ‘kuki kuki’. Mu gihe cyose mubona muri gukina iyo miziki, muzitege ko natwe turi muri ‘business’. Nibadusaba uwo muhanzi natwe tuzasubiza icyo ‘public’ ishaka’.

Avuga ko itangazamakuru rihaye umwanya munini abahanzi bo mu Rwanda ntawahirahira ajya gutumira abo mu mahanga, kenshi bahabwa amafaranga menshi. 


Mico The Best yasabye abashinzwe abahanzi gushyiramo imbaraga kuko bimaze kugaragara ko abahanzi bo mu mahanga biganje ku isoko ryo mu Rwanda 

Mushyoma Joseph avuga ko itangazamakuru rigira uruhare runini mu gutuma EAP ihoza ku ibere abahanzi bo mu mahanga 

Umunya-Nigeria Omah Lay yakoreye igitaramo gikomeye mu Rwanda 

Rema uzwi mu ndirimbo 'Ginger me' yatanze ibyishimo muri Kigali Arena/Amafoto: Franckax

MICO THE BEST YASOHOYE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO YISE ‘MILLIONAIRE’

">








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND