RFL
Kigali

Yari yarihebye! Umuforomokazi Lillian Banda ari mu byishimo nyuma yo kubona umugabo mu minota 30 atanze itangazo

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:13/01/2022 15:13
0


Hari igihe kigera umukobwa akumva atangiye kwiheba kubera kutabona umukunzi bigatuma amushakisha hasi hejuru. Umukobwa witwa Lillian Banda wo muri Zambia ukora akazi k'ubuforomo, ari mu byishimo nyuma yo gutanga itangazo ko akeneye umugabo agahita amubona mu kanya nk'ako guhumbya.



Muri Zambia abakobwa baba bagejeje imyaka hafi 30 nta mugabo batangira kwiheba, gusa si muri Zambia gusa no mu bihugu byinshi bitandukanye biragaragara, amakuru avuga ko Umuforomokazi witwa Lillian Banda w'imyaka 28 y'amavuko, yabonye umugabo akomeje kubura yigira inama yo kwerekera ku mbuga nkoranyambaga atanga itangazo avuga ko ashaka umugabo ufite gahunda yo kubaka urugo.


Umusore witwa Benny Daka w'imyaka 30 y'amavuko, akaba umucuruzi mu mujyi wa  Lusaka, akibona itangazo rya Lillian yahise amwoherereza ubutumwa bugufi, bahita bahura. Ubu hashize iminsi itatu bari mu munyenga w'urukundo aho umusore atangaza ko bazakora ubukwe mu mpera z'uyu mwaka.

Lillian Banda  uri mu byishimo, avuga ko Imana yahise imuha umugabo uhuje n'ibyifuzo bye bityo ko bagomba kuzambikana impeta y'urudashira mu minsi iri imbere nk'uko faceofmala ibitangaza.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND