RFL
Kigali

Mu ntara y'Uburengerazuba hagiye gushimirwa abagize uruhare mu guteza imbere imyidagaduro

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:1/12/2021 15:01
0


Mu mwaka wa 2019, mu Ntara y'Uburengerazuba hatangiwe ibihembo byitwaga Kivu Awards, byaraje bitangwa rimwe ubundi biburirwa irengero ntihagira uwongera kubitekereza. Kuri ubu muri iyi Ntara hari gutegurwa ibindi bihembo byiswe 'West Cost Awards'. Umuvugizi w'iki gikorwa Deo Habineza yatangaje ko vuba bazashyira hanze ibyiciro n'ababihatanamo.



Ubusanzwe intara y'Uburengerazuba ifatwa nk'intara y'imyidagaduro ndetse n'impano zitandukanye. Muri iyi Ntara niho usanga abahanga mu ngeri zose, haba muri muzika Nyarwanda muri ruhago no mu bindi byiciro by'ubuzima. Kuri ubu muri iyi ntara hateguwe igikorwa cyo gushimira abahanzi bitwaye neza no kubasaba gukomeza gukora cyane ariko binyujijwe mu bihembo bizatangwa na bamwe mu bakunda umuziki Nyarwanda bifuza gushyigikira impano no gutera imbaraga abafite aho bahurira n'imyidagaduro yo muri iyi Ntara.

Mu kiganiro na Deo Habineza umuvugizi w'ibi bihembo, yatangarije InyaRwanda.com ko abifuza guteza imbere, gushyigikira no gushimira abakoze neza mu myidagaduro yo mu Ntara y'Uburengerazuba, batekereje ku byiciro byose bifite aho bihuriye n'imyidagaduro ndetse n'ubuzima bwa buri munsi. Yakomeje avuga ko bidatinze ari bwo bazatangaza abari mu byiciro bateganyije aba ari nabo hatanira guhabwa ibyo bihembo.



Deo Habineza umunyamakuru wa RBA Radiyo Rusizi umuvugizi wa WCA

Yagize ati: "Mu by'ukuri muri iyi Ntara dufite abantu benshi bo gushimira, ari abantu bakoze cyane ngo bazamure imyidagaduro kimwe no mu bindi bice by'ubuzima ukabona ko bakoze cyane, ni muri urwo rwego rero hari abifuje gutanga ishimwe kuri buri umwe wagize uruhare muri byose. Ibi bihembo bya West Cost Awards, ntaho bihuriye na Kivu Awards yabaye muri 2019".


Rwibutso Obio umwe mu bashaka gushimira abashyigikiye imyidagaduro

Ku ruhande rw’aba bashatse gushimira abahanzi kimwe n’abandi bagize uruhare mu myidagaduro, twashatse kuvugisha Rwibutso Obio ubarizwa muri Qatar ntibyadukundira. Kugeza ubu muri iyi Ntara nta bihembo umuntu yavuga bihatangirwa bishimira abahanzi cyangwa abandi bagize uruhare mu myidagaduro, uretse Kivu Awards yaje ikazimira itanzwe rimwe gusa. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND