RFL
Kigali

Hatsinzwe umwe undi aruzuza! Derek na Danny Nanone mu batsinze ibizamini bya Leta mu ishuri rya muzika rya Nyundo

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:16/11/2021 2:56
1


Mu banyamuziki 35 bigaga ku ishuri ryigisha muzika (Rwanda School of Creative Arts and Music) bakoze ibizamini ya Leta, umwe muri bo ni we watsinzwe gusa.



Kuri uyu wa Mbere tariki 15 Ugushyingo, Minisiteri y’Uburezi yatangaje amanota y'Ibizamini bya Leta bisoza umwaka wa 6 w'amashuri yisumbuye (S6), uwa 6 w'amashuri nderabarezi (TTC), n'uwa 5 w'amashuri y'imyuga n'ubumenyingiro (L5).

Muri rusange abanyeshuri batsinze Ibizamini bya Leta ku buryo bukurikira: Mu cyiciro cy’Uburezi rusange hakoze 47,399 hatsinda 40,435 (85.3%), mu Myuga n’Ubumenyingiro hakoze 22,523 hatsinda 21,544 (95.7%) naho mu Mashuri Nderabarezi hakoze 2,988 hastinda 2,980 (99.9%).

Mu bakoze ibizamini harimo n’abanyamuziki bigaga ku ishuri ryahoze ryitwa Nyundo Music School rikorera i Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo. Muri iri shuri bakorera ku manota 60, gutsinda bihera ku manota 9.

Umuhanzi Ntakirutimana Danny [Danny Nanone] uzwi mu ndirimbo zitandukanye yagize amanota 31, Rutangira Derek Sano [Derek wo mu itsinda Active] agira amanota 51, Gatete Sharon uzwi muri Kingdom of God Ministries yagize amanota 48.

Mugisha Lionel watsinze irushanwa ‘I’m the future’ yagize amanota 27. Uwatsinzwe ibizamini ni umwe, yitwa Ntwari Roger. Mushimiyimana Daniel ni we munyeshuri wa mbere mu manota, dore ko yujuje 60 kuri 60.

Umuyobozi w’ishuri ryigisha muzika ‘Rwanda School of Creative Arts and Music’, Murigande Jacques [Mighty Popo], yabwiye INYARWANDA ko kuva iri shuri ryashingwa ari bwo bwa mbere bagize abanyeshuri batsindira ku kigero cyo hejuru.

Ati “Ni ubwa mbere tugize abanyeshuri batsinze bafite amanota ari hejuru nk’uko bimeze ubu.”

Abanyeshuri 70 baherutse gutangira amasomo yabo y’umuziki muri iri shuri. Ni nyuma y’uko batoranyijwe mu gihugu hose.

Umunyeshuri ushaka kwiga muri iri shuri asabwa kuba yarangije amasomo y’icyiciro rusange (Tronc Commun), kandi akaba ashaka kwiga mu ishami rya muzika mu cyiciro cyisumbuyeho.


 

Urutonde rw’abanyeshuri 35 bakoze ibizamini bya Leta mu ishuri rya Nyundo n’amanota bagize, umwe ni we watsinzwe


Danny Nanone [Yagize amanota 31] na Derek Sano [Yagize amanota 51] batangiye kwihugura ibijyanye n’umuziki ku ishuri rya Nyundo mu mwaka w’2018

Mugisha Lionel wegukanye umwanya wa kabiri muri ‘I’m the future’ [Ubanza ibumoso] yagize amanota 27 mu bizamini bya Leta







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Aimé2 years ago
    Dereck yari acyiga secondary, no, no, ntibishoboka, twariganye irubavu kuri primaire ya Gacuba ya mbere mukwa4 no muwa 5, yakagombye kuba yararangije muri 2011 cg 2012, so nibyiza kuba ayasoje, keep it up brother.





Inyarwanda BACKGROUND