RFL
Kigali

Cristiano Ronaldo yasubije abamwibasiye nyuma y’intsinzwi ikomeye yo ku Cyumweru

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:26/10/2021 12:17
0


Rutahizamu w’umunya-Portugal ukinira Manchester United yo mu Bwongereza, Cristiano Ronaldo, yatangaje amagambo akomeye asubiza abamwibasiye bamunenga ku mikinire yagaragaje mu mukino Manchester United yanyagiwemo na Liverpool ibitego 5-0 muri Premier League, ababwira ko azakomeza guceceka ibikorwa bikazajya bibasubiza.



Tariki ya 24 Ukwakira 2021, wabaye umunsi mubi mu mateka ya Manchester United byumwihariko kuri Cristiano ufatwa nka nimero ya mbere ku Isi, ubwo we na bagenzi be batsindirwaga ku kibuga Old Traford na Liverpool ibitego 5-0.

Nyuma y’uyu mukino, benshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru bibasiye Cristiano Ronaldo ku myitwarire ye mu kibuga bavuga ko akuze ashaka yareka iby’umupira w’amaguru agashaka ibindi akora.

Abafna bibasiye Cristiano bitewe n’ikosa yakoreye Curis Jones wa Liverpool, aho yamukubise imigeri ibiri mu nda aryamye hasi ashaka kumwaka umupira kugira ngo umukino ukomeze, umusifuzi akamuha ikarita y’umuhondo, abafana bakavuga ko yari akwiye guhabwa ikarita itukura agasohoka mu kibuga ntakine igice cya kabiri.

Cristiano wababajwe cyane no kwandagazwa na Liverpool mu rugo, mu guisubiza abamwibasiye yavuze ko nta gikombe kibaho ategukanye bityo ko atabuzwa ibitotsi n’abamuvuga nabi, ahubwo azajya yicecekera ibikorwa bikabasubiza.

Yagize ati: “Mfite imyaka 36, negukanye buri gikombe cyose gishoboka, uitekereza ko nababazwa n’abamvuga nabi? Mu ijoro ndaryama ngasinzira neza. Njya ku buriri bwanjye mfite ibitekerezo bizima kandi biri ku murongo, nzakomeza kugendera muri uwo mujyo, nicecekere ibikorwa bizajya bibasubiza”.

Uyu rutahizamu kandi aheruka gusaba imbabazi abafana ba Manchester United ku buryo bitwaye imbere ya Liverpool, abizeza ko ikipe igiye kwisubiraho ikabaha ibyishimo kuko biri mu biganza byabo.

Manchester United iri ku mwanya wa Karindwi mu mikino 9 imaze gukinwa muri Premier League uyu mwaka, ikaba ifite amanota 14 inganya na Arsenal.

Ubutumwa bwa Cristiano Ronaldo ku bamwibasiye

Cristiano yibasiwe cyane kubera ikosa yakoreye Curtis Jones wa Liverpool

Cristiano yavuze ko nazakomeza guceceka ibikorwa bikajya bisubiza abamunenga





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND