Inteko y’Umuco yashimye Abanyarwanda batatu Mutiganda wa Nkunda, Kantarama Gahigiri na Allain bahesheje ishema u Rwanda mu iserukiramuco mpuzamahanga rya filime rizwi nka Fespaco.
Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 23 Ukwakira 2021, ni bwo mu Mujyi wa Ouagadougou muri Burkina Faso hasojwe iserukiramuco rya Fespaco ryabaga ku nshuro ya 27. Kuri iyi nshuro ryari rihatanyemo abanyarwanda batatu banabasha kwegukana ibihembo.
Mu butumwa Inteko y’Umuco yanyujije kuri konti ya Twitter, mu ijoro ry’iki Cyumweru tariki 24 Ukwakira 2021, yavuze ko ‘ishima Abanyarwanda batatu bahesheje ishema u Rwanda batsindira ibihembo mu iserukiramuco Mpuzamahanga rya filime, Fespaco.”
Bati “Mwakoze kwimana u Rwanda
mu mahanga.”
Filime ‘Nameless’ ya Mutiganda wa Nkunda yahize izindi
mu cyiciro cy'inyandiko nziza ya filime ndende.
Yabwiye INYARWANDA ko yatunguwe no kwegukana iki
gihembo kubera ko filime ye yari ihatanye n’izindi filime zikomeye muri iki
cyiciro.
Ati “Byandenze muvandimwe! Kubera ko iki cyiciro nari
mpatanyemo ni cyo cyiciro Joel Karekezi yegukanyemo igihembo mu 2019. Hari
harimo filime z’ibigugu z’abantu bakomeye. Ntabwo natekerezaga y’uko hari
ikintu na kimwe nshobora kubona ariko birangira mbonye igihembo cya filime
ifite inkuru (script) nziza. Byanshimishije, byandenze pe!’
Iyi filime ya Mutiganda wa Nkunda irimo abakinnyi nka
Yves Kijyana na Colombe Mukeshimana.
Filime "Ethereality" ya Kantarama Gahigiri
yahize izindi mu cyiciro cya filime mpamo ngufi, ihabwa igihembo cya mbere cyiswe
‘Paulin d’or muri icyo cyiciro.
‘Ethereality’ yakiniwe mu Busuwisi ahitwa Winterthur
mu iguriro ryitwa Osina. Hari n’utundi duce tugaragara mu mashusho yayo twagiye
dufatirwa ku mihanda yegereye Hotel yitwa 5*5*5 bakoreyemo umwiherero.
Ni mu gihe filime ‘Amani’ ya Alliah Fafin yahize
izindi mu cyiciro cya filime ngufi yegukanye umwanya wa kabiri, ihabwa gihembo
cyiswe ‘Poulin d’argent’.
Igihembo nyamukuru muri iri serukiramuco cya l’Étalon
de Yennenga cyahawe Khadar Ahmed wo muri Somalia, abicyesha filime yise ‘The
Gravedigger's Wife’ yanditse akanayobora.
Uyu mugore w’imyaka 40 y’amavuko ntiyari mu muhango wo
gutanga ibi bihembo. Yahigitse abatunganya filime bo mu bihugu 15 bari
bahataniye iki gihembo.
Filime yegukana igihembo l’Étalon de Yennenga ihabwa
igihembo kingana n’asaga miliyoni 15 z’amafaranga y’u Rwanda.
Mu 2019, iki gihembo cyegukanwe n’Umunyarwanda Joël
Karekezi abicyesha filime ye yise “Mercy of Jungle.” Iyi filime ya Mutiganda wa Nkunda irimo
abakinnyi nka Yves Kijyana na Colombe Mukeshimana.
Fespaco ni iserukiramuro rikomeye kurenza andi
maserukiramuco abera ku Mugabane wa Afurika, ribera mu Mujyi wa Ouagadougou
muri Burkina Faso buri myaka ibiri kuva mu 1972.
Muri iri serukiramuco herekanirwamo filime
zitandukanye, hakanatangwa ibihembo ku babaye indashyikirwa mu byiciro
bitandukanye biba byatangajwe.
Inteko y’Umuco yashimye Abanyarwanda batatu bahesheje ishema u Rwanda muri FESPACO
Filime ‘Nameless’ ya Mutiganda wa Nkunda yegukanye igihembo cya 'Best Script' muri FESPACO Filime ya Kantarama Gahigiri yegukanye igihembo ‘Poulin d’or’ nka filime mpamo ngufi
TANGA IGITECYEREZO