RFL
Kigali

Umuriro watse! Aho Abanyarwanda baburiye ibyishimo, babiboneye ahandi

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:11/09/2021 11:38
1


Nyuma y’igihe kirekire Abanyarwanda bigunze, binubira umusaruro w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru yashavuje benshi, amaherezo uyu mukino ushobora kwitazwa n’abakunzi b’imikino mu Rwanda bayagaragaye ko imitima n’intekerezo nzabo bazerekeje ku mikino y’intoki (Volleyball na Basketball) yabagaruriye ibyishimo n’akamwemwe.



Burya ujya gutangira kubara ahera kuri zero, akagenda azamuka gahoro gahoro akagera ku Icumi, no kwigarurira imitima yababaye ntibisaba ibyamirenge, ndetse ntibisaba gukora ibihambaye, ubwitange n’ishyaka ndetse no gukunda igihugu bikomeje kugaragazwa n’abakinnyi b’ikipe y’igihugu m,uri Volleyball, byatumye bigarurira imitima y’Abanyarwanda batari bacye.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Nzeri 2021, byari ibirori bikomeye cyane muri Kigali Arena, aho u Rwanda rwesuranaga na Uganda mu mukino wa nyuma wo mu itsinda A mu gikombe cya Afurika cya Volleyball gikomeje kubera muri Kigali Arena.

Wari umukino ukomeye hagati y’ibi bihugu bitajya bijya imbizi muri siporo ndetse na politike rimwe na rimwe usanga hari ubwo biba bihanganye.

Ni umukino wari witabiriwe n’abafana benshi ndetse n’abayobozi mu nzego zitandukanye barimo na Minisitiri wa siporo, Munyangaju Aurore Mimosa.

U Rwanda rwinjiye neza mu mukino, rubifashijwe n’abarimo Akumuntu Kavalo Patrick wari ku rwego rwiza muri uyu mukino, rutsinda iseti ya mbere ku manota 25-15.

Abagande bagarutse mu gace ka kabiri bariye karungu, bahindura umukino, bayitsinda ku manota 25-21 ndetse bakomeza kwitwara neza batsinda n’iya gatatu yarangiye bafite amanita 25-23.

U Rwanda rubifashijwemo n’abakinnyi barimo Ndamukunda Flavien na Mutabazi Yves, bagarutse neza muri Seti ya Kane bayitsinda ku manota 25-11, bituma hitabazwa iseti ya kamarampaka yarangiye u Rwanda ruyitsinze ku manota 15-9.

U Rwanda rwazamutse ruyoboye itsinda A ndetse ruzahura n’ikipe ya kabiri mu Itsinda D ririmo Maroc, Misiri, Kenya na Tanzania (yasezerewe). Uganda, yo izahura n’ikipe ya mbere muri iryo tsinda.

Uyu mukino wazamuye amarangamutima ya benshi mu bakunzi ba siporo mu Rwanda, bavuga ko ibyishimo baburiye mu mupira w’amaguru babiboneye mu mikino y’intoki irimo Volleyball na Basketball.

Mu basazwe n’ibyishimo by’iyi ntsinzi harimo na Minisitiri wa siporo, Munyangaju Auro Mimosa wari ku kibuga yagiye gushyigikira iyi kipe, abashimira ko bimanye u Rwanda, arenzaho agira ati ‘Umuriro watse aka ya ndirimbo ya King James”.

Muri ¼ u Rwanda ruzakina hagati ya Misiri na Maroc.


U Rwanda rwatsinze Uganda ruyobora itsinda


Abakinnyi b'u Rwanda bishimira intsinzi bakuye kuri Uganda

Inzu ya Kigali Arena ikomeje gutanga ibyishimo ku banyarwanda

Byari akanyamuneza kenshi ku bafana b'u Rwanda nyuma yo gutsinda Uganda

Minisitiri Munyangaju yishimira intsinzi y'u Rwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • MUNYANEZA Valens2 years ago
    Bakomerezaho kbsa





Inyarwanda BACKGROUND