Nyuma y'uko ikipe ya Police FC itangaje ko Umwongereza, Francis Nuttall Elliott watozaga St George FC yo muri Ethiopia ariwe wagizwe umutoza mukuru, hakomeje kwibazwa niba iyi kipe igiye gutangira urugamba rweruye rwo guhatanira igikombe cya shampiyona cyangwa ikomeza mu mujyo wayo wo guherekeza andi makipe.
Kuri
iki Cyumweru tariki ya 05 Nzeri 2021, nibwo Police FC yatangaje ko yabonye
umutoza mushya usimbura Haringingo Francis werekeje muri Kiyovu Sports.
Mu
itangazo rigenewe abanyamakuru yanyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter, Police Fc
yatangaje ko yashyizeho umwongereza Francis Nuttall Elliott nk’umutoza mukuru muri
uyu mwaka w’imikino wa 2021/2022.
Nyuma
y'uko iyi kipe itangaje ko Elliott ariwe uzayitoza muri uyu mwaka w’imikino,
bamwe mu bakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda batangiye gutekereza Police FC
nk’ikipe nshya irimo ivugurura n’intego zitandukanye n’izo iyi kipe yari
isanzwe ifite.
Police
FC igura abakinnyi beza buri mwaka kandi bahenze, gusa igitangaje ni uko
itagaragara mu makipe aba ahatanira igikombe cya shampiyona itaratwara na rimwe.
Ni iki
Francis Nuttall Elliott asabwa guhindura muri Police FC?
Uyu
mutoza ukomoka mu Bwongereza ni umunyabigwi kandi watoje amakipe akomeye atwara
ibikombe kuri uyu mugabane, arimo Zamalek yo mu Misiri n’andi atandukanye. Ibi
bizafasha cyane AS Kigali kuba mu mwanya mwiza no kujya ku rwego rw’imyumvire n’imitoreze
y’uyu mutoza, bityo bizamure urwego rw’abakinnyi.
Icyihutirwa
Elliot agomba gukora muri iyi kipe kugira ngo ibashe kujya mu ruhando rw’amakipe
ahatanira igikombe muri shampiyona y’u Rwanda, ni ukurwana intambara yo
guhindura imyumvire y’ubuyobozi bw’ikipe ya Police FC, guhindura imyumvire y’abakinnyi
b’iyi kipe, bakumva ko kudatwara igikombe umwaka wabo uba ubaye imfabusa, aho
kumva ko gusoza mu makipe ane ya mbere bihagije.
Uyu
mutoza kandi arasabwa kwitanga atizigamye kugira ngo ahindure ahahise h’iyi
kipe, ibe ikipe nshya ifite intego nshya ndetse n’imikinire yayo igomba kuba
itandukanye n’iya mbere ku buryo n’umusaruro uzaba utandukanye cyane n’uwo yabonaga.
Ubuyobozi
bw’iyi kipe kandi burasabwa kuba hafi uyu mutoza, umukino ku mukino muri
shampiyona kuva shampiyona itangiye kugeza isojwe.
Francis
Nuttall Elliott yatoje amakipe yo ku mugabane wa Afurika arimo Gor Mahia muri
2016, aho yayivuyemo ajya kuba umutoza wungirije muri Zamalek, aza kwerekeza
muri Ghana aho yatoje Hearts of Oak (2017-2018), hagati ya 2018 na 2019 atoza
Al Hilal Obeid yo muri Suda,naho muri 2020 atoza Township Rollers yo muri
Botswana.
TANGA IGITECYEREZO