RFL
Kigali

Afrobasket2021: Ikipe y’igihugu ya Uganda ishobora gukurwa mu irushanwa ikanirukanwa muri Hoteli kubera amikoro

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:31/08/2021 10:57
0


Ikipe y’igihugu ya Uganda iri mu Rwanda mu irushanwa rya Afrobasket “Silverbacks”, yamenyeshejwe ko ishobora gukurwa mu irushanwa burundu ndetse ikanirukanwa muri Hoteli icumbitsemo, nyuma y'uko itangaje ko yabuze amafaranga yo kwishyura.



Ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Uganda byanditse ko tariki ya 29 Kanama 2021, ni bwo Impuzamashyirahamwe y’umukino wa Basketball muri Afurika ‘FIBA Africa’ na Leta y’u Rwanda bamenyesheje ikipe y’igihugu ya Uganda ko bitewe n’umwenda w’amafaranga menshi barimo bashobora gukurwa mu irushanwa burundu ndetse bakanirukanwa muri Hoteli bacumbitsemo.

Abayoboye ikipe ya Uganda batakiye Leta ya Uganda bayibwira ko itagize icyo ikora kuri uyu wa Kabiri tariki ya 31 Kanama 2021 nta burenganzira baba bafite bwo gusohoka muri Hotel kubera umwenda bamaze gufata.

Mark Ssali umwe mu bayoboye Delegasiyo y’ikipe y’Igihugu ya Uganda iri muri iyi mikino yatangaje ko baje muri iyi mikino bafite ibibazo by’amikoro ndetse harimo n’imyenda bafashe kugira ngo babashe kwitabira iri rushanwa.

Uyu muyobozi avuga kandi ko kuri iki Cyumweru bandikiye Leta ya Uganda bayimenyesha ikibazo bafite bategereje ko hari icyo bagikoraho kugira ngo babone ubwishyu bwa Hoteli bacumbitsemo.

Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Uganda, Nasser Sserunjogi, yandikiye Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Siporo asaba ko Leta yagira icyo ikora ikipe ntibayirukane ndetse ngo bari bahawe ntarengwa ya tariki ya 29 Kanama 2021 ngo babe bishyuye iri deni babereyemo Hoteli.

Yagize ati "Inzitwazo zose zadushiranye. Twagerageje uko dushoboye kose ngo turinde ikipe ibi bintu ihange amaso umukino, ariko igihe cyadushiranye. Dufite ubwoba ko nitwirukanwa tuzaseba nk’igihugu".

Iki kibazo cyahagurukije abayobozi bakomeye muri Leta ya Uganda barimo n’umuhungu wa perezida Museveni, Gen. Muhoozi wasabye inzego zibishinzwe gukora ibishoboka byose bagashyigikira ikipe y’igihugu iri mu irushanwa rya Afrobasket kugira ngo ntiyirukanwe muri Hoteli, ndetse avuga ko iki kibazo yakivuganyeho na Janet Museveni, umugore wa Perezida Museveni, kikaba kigomba gukemuka vuba.

Itangazamakuru ryo muri Uganda ryanenze cyane abayobozi b’Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri icyo gihugu kudaha agaciro iyi kipe yatwaye ibendera ry’igihugu mu mikino mpuzamahanga ariko ntiyitabweho, ndetse bavuga ko ari igisebo ku gihugu cyose.

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 31 Kanama 2021, Uganda ifite umukino wo gushaka itike ya 1/4 cya Afrobasket ihuramo na Nigeria.

Ikipe y'igihugu ya Uganda yugarijwe n'ikibazo cy'amikoro ishobora kwirukanwa muri Hoteli ikanakurwa mu irushanwa

Uganda yari yagerageje kwitwara neza muri iri rushanwa

Umuhungu wa Perezida Museveni Muhoozi yijeje ubufasha mu buryo bwihuse






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND