RFL
Kigali

Umunyarwanda Kevin Monnet-Paquet yerekeje muri Limassol yo muri Chypre avuye muri St Etienne

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:18/08/2021 10:12
0


Rutahizamu w’umunyarwanda ushobora no gukina aca ku mpande, Kevin Monnet-Paquet, yerekeje mu ikipe yitwa Arris Limassol yo muri Chypre, ayuye muri St Etienne yo mu Bufaransa yari amazemo imyaka Irindwi.



Monnet Paquet wakinnye imikino 16 muri shampiyona iheruka mu cyiciro cya mbere mu Bufaransa, yasinye amasezerano y’umwaka 1, ushobora kongerwaho undi muri Arris Limasol yo mu cyiciro cya mbere muri Chypre.

Uyu munyarwanda utarakirira ikipe y’igihugu Amavubi umukino n’umwe, avuye muri St Etienne ayitsindiye ibitego 17 mu mikino 165 yakinnye.

Monnet Paquet w’imyaka 32 y’amavuko avuka ku mubyeyi umwe w’umunyarwanda ndetse n’undi w’Umufaransa, amaze guhamagarwa inshuro ebyiri mu ikipe y’igihugu Amavubi ariko ntaritabira, yewe ntacyo aratangaza ku butumire yahawe n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ubugira kabiri.

Uyu mukinnyi wanyuze mu makipe atandukanye mu Bufaransa arimo Lens, Lorient na Saint Etienne, ubu yamaze kwerekeza muri shampiyona ya Chypre mu ikipe ya Arris Limasol.

Nta gikombe na kimwe Kevin aregukana mu makipe yakiniye, gusa amaze gutsinda ibitego 47 mu mikino 416 amaze gukina kuva yatangira gukina umupira w’amaguru.

Kevin Monnet Paquet yerekeje muri Limasol yo muri Chypre avuye muri St Etienne yo mu Bufaransa

Paquet yanze kwitabira ubutumire bw'Amavubi





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND