RFL
Kigali

Imanishimwe Emmanuel waguzwe Miliyoni zirenga 400 Frw yerekanwe nk’umukinnyi mushya wa FAR Rabat

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:5/08/2021 11:16
0


Myugariro ukina ibumoso mu ikipe y’igihugu Amavubi, Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende, yerekanwe ku mugaragaro nk’umukinnyi mushya w’ikipe ya FAR Rabat (ASFAR) yo muri Maroc yamutanzeho akayabo karenga miliyoni 400 Frw, yiyemeza kuzatanga imbaraga zose afite mu myaka itatu azayikinira.



Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 04 Kanama 2021, ni bwo Imanishimwe yahawe ikaze mu ikipe ya FAR Rabat nyuma yo gushyira umukono ku masezerano y’imyaka itatu azayikinira. Ubwo yageraga i Rabat, aho ikipe ikorera, Imanishimwe yakiriwe n’abana babiri bato bambaye umwambaro wayo, bamusanganiza indabo.

Yatambagijwe kandi mu nzu y’iyi kipe, yerekwa ibikombe byose yegukanye birimo 12 bya Shampiyona ya Maroc, 11 by’Igihugu, kimwe cyo mu cyiciro cya kabiri, bine bya Super coupe ya Maroc, kimwe cya CAF Champions League na kimwe cya CAF Confederation Cup.

Mu muhango wo kumwerekana ku mugaragaro, Imanishimwe yagize ati “Nitwa Imanishimwe Emmanuel, ndi umukinnyi wa ASFAR, mfite imyaka 26 kandi nkina inyuma ku ruhande rw’ibumoso”.

“Ndi hano, nishimiye cyane kuba ndi hano muri ASFAR, nzatanga buri bushobozi n’imbaraga zanjye muri iyi kipe kugira ngo izamuke. Ndashimira buri umwe, ndabifuriza ibyiza muri iki gihugu, muri iyi kipe. Dima- ASFAR”.

Uyu mukinnyi w’imyaka 26, wari ugifite amasezerano y’imyaka ibiri muri APR FC, yaguzwe ibihumbi 130$ (asaga miliyoni 130 Frw) mu gihe we ubwe yahawe ibihumbi 300$ (asaga miliyoni 300 Frw) ku masezerano y’imyaka itatu. Bivugwa ko umushahara we uzaba ari 5,700$ (Hafi Miliyoni 6 Frw) ku kwezi.

Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende niwe mukinnyi uhenze (Uguzwe amafaranga menshi) mu mateka y’umupira w’amaguru mu Rwanda.

Uyu myugariro uri mu beza u Rwanda rufite yatangiye gukinira APR FC mu 2016, nyuma yo gutandukana na Rayon Sports, mu myaka itanu ayimazemo yayifashije kwegukana ibikombe bitandukanye birimo ibya shampiyona, igikombe cy’Amahoro yegukanye inshuro zirenze ebyiri ndetse n’ibindi iyi kipe yitabiriye.

Manishimwe yari mu ikipe y’igihugu Amavubi, iheruka muri CAHAN 2020 yabereye muri Cameroun, aho yagarukiye muri ¼ isezerewe na Guinea yayitsinze igitego 1-0.


Imanishimwe yatangajwe nk'umukinnyi mushya wa FAR Rabat

Imanishimwe yari amaze imyaka itanu muri APR FC

Imanishimwe ni umwe mu bakinnyi bari muri CHAN 2020






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND