RFL
Kigali

Umugore utwite yakubiswe n’umugabo we imigeri n’ingumi ku nda azira ko atatetse ibiryo birangira inda ivuyemo

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:14/06/2021 13:43
1


Umugore utwite yakubiswe n’umugabo we Kalvin Amwai, amuziza kuba atashye agasanga nta biryo yatetse, niko gutangira kumukubita inshyi n’imigeri ku nda ifite ameze atanu.



Uyu mugabo Kalvin Amwai, aherutse gushyikirizwa urukiko nyuma yo guhondagura umugore amuziza kuba atigeze ateka ibyo kurya. Urukiko rwumvise ko Amwai yakoze icyaha ku ya 31 Gicurasi ukwezi gushize ahagana mu ma saa cyenda z'ijoro mu rugo iwe ruri i Kabiria mu gace ka Dagoreti.


Nk’uko amakuru ya Nggossips abitangaza, Amwai ufitanye umwana umwe  n’uwo mugore weyavuye mu rugo agaruka mu ijoro. Ageze mu rugo atashye yasabye ibiryo ariko nta n'umwe wabimuhaye kubera ko umugore atigeze ateka.

Kubura ibiryo byateje uburakari maze Kalvin Amwai atangira gutongana n’umugore we. Mbere y’uko umugore atangira kwisobanura no gutanga impamvu ko nta kintu cyo kurya gihari kubera nta buryo bwo guteka bwabonetse, umugabo yahise atangira kumubita  ingumi, inkoni n’imigeri ahantu hose no ku nda bityo biramukomeretsa bikabije.

Umugore wari ufite inda y’amezi atanu yavugije induru aratabarwa, ahita ajyanwa mu bitaro bamubwira ko umwana yangiritse inda igomba kuvamo. Iki kibazo cyavuzwe kuri sitasiyo ya polisi bituma Kalvin atabwa muri yombi, gusa yahakanye icyaha imbere y’umucamanza mukuru Charles Mwaniki. Yaciwe ingwate ya Ksh 300.000 mu gihe hagitegerejwe irindi perereza ry’ibanzirizasuzuma ku ya 17 Kamena 2021.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Uwomugabo numugome bamuhane 2 years ago
    bamuhane bihanukiriye





Inyarwanda BACKGROUND