RFL
Kigali

Zari bivugwa ko yari kumwe na Diamond ku munsi w’Irayidi yibasiye Wema Sepetu wananutse bikabije amushinja ko ari inzara ibitera

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:17/05/2021 12:38
0


Diamond, ni kenshi cyane atera umwiryane mu bakobwa cyangwa abagore aba akundana nabo. Nyuma y'aho uyu muhanzi yerekeje muri Afurika y’Epfo gusura umuryango we, Zari wahoze ari umugore we wanamubyariye abana 2, kuri ubu yakije umuriro ku mbuga nkoranyambaga.



Ubusanzwe, abahanga bavuga ko kubyarana n’umuntu ari igihango gikomeye kuba mutatandukana burundu kuko muhuzwa n’urubyaro. Diamond akenshi ajya kwa Zari yitwaje abana no kubasura. Hari amakuru yavugaga ko ku munsi wo gusoza igisibo cya Ramadhan, Diamond yari kwa Zari Hassan mu gihe abandi bavugaga ko atari ko byari bimeze ahubwo Diamond yari yarasubiye Tanzania.


Amafoto yabanje gucaracara yerekana uburyo Zari na Diamond bari bambaye ku munsi w’Irayidi, byamenyekanye ubwo Zari yafashe ifoto ye yerekana uko yari yambaye, hagaragara indi foto igaragaza Diamond ari kumwe na Zari yambaye ya kanzu yizihizanije Irayidi bihita bimenyekana ko basangiye umunsi mukuru w’Irayidi.


Ikanzu Zari yari yambaye ku munsi wIrayidi

Umuntu umwe yabwiye Zari Hassan ko Wema Sepetu yaba yaramuvuze nabi kuko yamutwaye umugabo ku munsi Irayidi, ibintu Zari yafashe nabi avuga ko kuba Wema yarakara kubera izo mpamvu ari umushiha no kuba ashonje yarabuze ibyo kurya.

Zari yagize ati: "Mu gihe cya Ramadhan ntanga ubufasha, ashobora kubona ibyo kurya ku buntu, ndabona Wema yongeye gufunga umutwe! Gusa iyi ni inzara yifitiye, mumureke arye azamererwa neza". Wema Sepetu amaze igihe gisaga umwaka umubiri we utunguranye kubera kunanauka bitangaje aho yakunze kumvikana asaba abantu kumusengera cyane kuko nta cyizere cyo kubaho akibona.


Wema Sepetu akomeje kunanuka


Wema mbere yari abyibushye cyane






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND