Umwaka wa 2020 hari abifuza ko wava mu myaka babayeho ugakurwa no mu byangombwa bitewe n'uko wababereye ibamba ariko hari abifuza ko utarangira kuko bawamamariyemo karahava bamenyekana baciye mu rihumye ba bandi wahemukiye ukaba ubasize mu kangaratete.
Ubusanzwe
wasangaga yaba abahanzi, abategura ibitaramo, Leta n’ibigo by’ubucuruzi bigira
imbata (plan) y’uko umwaka wose uzagenda mu rwego rwo kumenya ingengo y’imari
izakenerwa. Kubera ko mu Ukuboza 2019 hadutse Covid-19 abantu ntibabanje kumva
ko umwaka wose waba impfabusa kuko abenshi bariho badakunda gusoma bari bazi ko
bucya bukira umunsi ugasimburana n’undi nyamara hari amezi yabayeho abantu
bakifuza ko bwira cyangwa se bucya bitewe na gahunda ya 'Guma mu rugo' bagaheba.
Uruganda rwa muzika
nyarwanda rwarashaririwe kugeza n'ubwo bamwe mu bahanzi bahawe ifu y’igikoma mu
kubafasha kuramuka. Mu Kiganiro umunyamakuru wa INYARWANDA yigeze kugirana na
Intore Tuyisenge uyobora urugaga rw’abahanzi nyarwanda yasobanuye ko ubwo abanyarwanda
bari muri 'Guma mu rugo' hari umuterankunga wagobotse urwo rugaga abaha ifu y’igikoma
bayigeza kuri bamwe mu bahanzi bari bamerewe nabi mu rwego rwo kubagoboka.
Uwavuga ko bahawe
ifu y’igikoma ubusanzwe iba igenewe abana n’ababyeyi ntiyaba ari kwigiza nkana
kuko mu bitangazamakuru bikora ibijyanye n’imikino hagiye habaho kenshi
gutabariza abakinnyi babaga babuze ayo kwishyura inzu ndetse no kwikora ku
munwa byanze burundu bakagobokwa n’abanyamakuru babatabariza muri rubanda.
Itangazamakuru rikora ibijyanye n’imyidagaduro ntabwo ryigeze ritabariza abahanzi ngo ababakunda babagoboke bakoresheje uburyo
bumwe cyangwa se ubundi ahubwo ryakomeje kubaza abahanzi impamvu badakora
ibihangano nyamara benshi muri bo ntaho bakura ubushobozi.
Abahanzi
bakwiriye kwirinda kubaho badateganyiriza ahazaza
Byaragaragaye ko
umuntu winjiza amafaranga atayaruhiye ayapfusha ubusa. Kandi koko iby’abapfu
biribwa n’abazima. Ubundi abahanga mu bijyanye no kuzigama bavuga ko igihe
cyose hari icyo winjije uba ugomba gutekereza kongera gushora mu bindi bintu
ndetse ukanabika kure ingano nyinshi ku mafaranga yinjiye kuruta kuyasesagura.
Hari bamwe mu
bahanzi nyarwanda beruye bavuga ko batorohewe na 2020 ari nayo mpamvu batakoze
cyane nk'uko bajyaga bakora. Ibyo birumvikana ariko rero umwaka wa 2021 ushobora
kuzaza ibintu byarahindutse byaranafashe indi ntera ku buryo uko umuhanzi yari
asanzwe akora indirimbo zikakirwa n’imbaga nyamwinshi bitazongera kubaho ahubwo
buri muhanzi akwiriye gushishoza akamenya abo ahangira atitaye ku mubare w’abantu
runaka.
Abahanzi
bakwiriye kubana neza n’abaproducer dore ko abenshi baba banaryaryana
nyamara ibihe bikomeye iyo bije usanga abaproducer bafite ama studio atunganya
indirimbo bashobora kugoboka umuhanzi agakomeza agakora indirimbo atanishyuye
bitewe n’umubano bafitanye.
Abahanzi
nyarwanda bakwiriye kwiga kubyaza umusaruro murandasi bagacuruza indirimbo zabo
kuri zimwe mu mbuga zirimo Spotify, Apple music, Amazon na YouTube, bakwiriye
kwiga kumenya uko ikoreshwa noneho bakayibyaza umusaruro ku buryo bweruye.
Umuhanzi nyarwanda ntakwiriye kwihenura ku wo ari we wese kuko ntaba azi uzamugoboka aho azava. Ibi birashingira ku kuba hari bamwe mu banyamakuru bagerageza kubanira neza abahanzi bamara kwibwira ko ibyo bashakaga babigezeho bakiyambura ba bandi babafashije.
Ingero nyinshi zirahari z’abahanzi nyarwanda bagiye basunikwa n’abanyamakuru runaka noneho bamara kugira abantu bamenya amazina yabo bagatangira kwirengagiza ba banyamakuru nyamara ba bahanzi babona ko nta muntu ukibumva bakibuka kugarukira ba banyamakuru.
Muri uyu mwaka hari abahanzi bafite amazina akomeye n’igikundiro ariko ntabwo bagaragaye muri bimwe mu bitaramo byabaye hifashishijwe murandasi. Umuhanzi akwiriye gukurikirana ibiba akamenya impamvu yabyo kuko hari igihe umushinzwe aba afitanye ibibazo na wa wundi utegura ibitaramo runaka bikarangira umuhanzi abigendeyemo.
Ibyo bikwiriye kubera isomo
buri muhanzi akajya ahora abaza impamvu atagaragara mu bitaramo runaka nyamara
ari mu bakunzwe byakwanga agafata iya mbere mu kwishakira abategura ibitaramo
cyangwa se akaba yashaka umuhuza muri ya matiku ariko ntabigenderemo.
Habayeho ko bamwe mu bafasha abahanzi bashwana bapfuye amafaranga ndetse no kugira abivanga. Mu 2021 abajyanama b’abahanzi bakwiriye kurenga ubushuti bagakora kinyamwuga hagira ibitagenda bakicarana bakaganira amazi atarerenga inkombe. Icyakora abahanzi bakwiriye kwirinda kureba inyungu za hafi no kumva amabwire y’abo bita ko ari inshuti nyamara ari abanzi b’iterambere.
Habayeho umuhanzi wateranyije bagenzi be abizeza
ko azababa hafi nyamara ibibazo barimo ntacyo bimubwiye arabareba barunduka
buhoro buhoro kandi bari ku rwego rwo kuzenguruka isi yose bakora ibitaramo. Buri wese ufite aho ashaka kuvana umuziki akawugeza ahandi akwiriye kwirinda abamujya
mu matwi ahubwo agashaka abantu bahuje intumbero bagafatanya urugendo.
Abahanzi nyarwanda bagiye bashaka gukora imishinga yabateza imbere ariko bikarangira ibahombeye nyamara abo biringiye bigaramiye. Mu 2021 buri muhanzi ushaka gushinga ubucuruzi runaka akwiriye kwirinda amarangamutima agashaka abantu basobanukiwe bizinesi yifuza noneho bakagirana amasezerano y’ibyo abagomba ni byo bamugomba hakajya habaho ugenzura ko ibirebwa n’impande zombi bishyirwa mu bikorwa.
Hari benshi bategereje ko ibintu bisubira mu buryo bagatangiza ibikorwa byabo mu ruganda rwa muzika bazibuke neza ko hari abantu bivugwa ko bafite amazina mu muziki nyarwanda bakunze kwiringirwa nyamara bikarangira ntacyo babamariye ahubwo ayabo barayariye kare bakagusiga hagati nk’ururimi.
Mu 2021 si ngombwa
ko umuhanzi yongera kubaho nk’utazaramba asesagura ibyo abonye byose kuko akwiriye
gutekereza kubyaza amahirwe igikundiro afite hakiri kare dore ko iyo
cyagushizeho ubura ayo ucira n’ayo umira. Igikundiro, impano no kwamamara ni
bibe isoko yo kubyara amafaranga n’inshuti nyanshuti zitagushuka ahubwo zigucyaha
mu gihe watandukiriye. Iyi nkuru ishingiye ku bitekerezo by’umwanditsi ariko
ubaye hari ikitakunyuze wakwandika ahabugenewe igitekerezo cyawe kikakirwa.
TANGA IGITECYEREZO