RFL
Kigali

CECAFA U 17: Amavubi asigaje amahirwe ya munsindire

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:16/12/2020 17:36
0


Amahirwe yo kwerekeza mu mikino y'igikombe cya Afrika cy'abatarengeje imyaka 17 ku ruhande rw’u Rwanda, akomeje kuyoyoka nyuma yo kunanirwa gutsinda imikino yose y'amatsinda.



Ni umukino wa kabiri mu itsinda B u Rwanda rwahuraga n'ikipe ya Djibouti banganya 0-0. Umukino watangiye saa 15:00 Pm za Kigali, ikipe y'igihugu Amavubi ishaka gutsinda umukino nibura ikagira icyizere cyo gukomeza mu mikino ya ya 1/2 byari gutuma icyizere cyo kujya mu mikino ya CAN y'abatarengeje imyaka 17 cyiyongera.


Amavubi yagerageje ariko biranga

Djibouti yaherukaga kubona inota mu 2014, yaje mu mukino yizeye ko byose bishoboka ndetse yagiye ikinisha Amavubi nabi byatumye buri kipe itahana inota rimwe.


11 ba Djibouti babanjemo


11 ba Amavubi babanjemo

Amavubi anganyije na Djibouti nyuma yo gutsindwa na Tanzania umukino wafunguraga itsinda B bitumye irangiza imikino y'amatsinda ifite inota rimwe inganya na Djibouti, bisaba ko kugira ngo u Rwanda rukomeze Tanzania yatsinda Djibouti nibuta ibitego biri hejuru ya 3. Umukino wa mbere wabaye kuri uyu munsi ikipe ya Uganda yatsinze Kenya ibitego 5-0.


Ba Kapiteni bifotozanya n'abasifuzi mbere y'umukino



Amahirwe u Rwanda rwabonye ariko umuzamu aba ibamba





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND