RFL
Kigali

Imibereho y'abahanzi 6 b'abanyadukoryo bagize itsinda ByinaTrap baba mu nzu imwe, biteguye kuzakora amateka ku rubyiniro-VIDEO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:15/12/2020 9:08
1


Ni kenshi cyane abahanzi bihuza bagakora itsinda, ubu itsinda rya “ByinaTrap”, ritangiye gukora udushya mu migaragarire n’uburyo bakoramo injyana yabo ya Trap, nka kimwe mu byo biyemeje gukora mu guteza imbere muzika mu Rwanda no hanze yaho.



ByinaTrap, binjiye muri muzika bari basanzwe ari ababyinnyi. Nk’itsinda bamaze gushyira hanze indirimbo 5 mu gihe kingana n’umwaka umwe babaye ByinaTrap. Bamenyekanye cyane mu ndirimbo yitwa “Amazi Y'abasoda”, iyi ndirimbo ikijya hanze yasakaye ku mbuga nkoranyambaga bitewe n’izina ryayo.


Aba basore 6 bagize Byina Trap, mu kiganiro na InyaRwanda, bavuze ko bazanye imbaraga zidanzwe no kwigararagaza ku ruhando rwa muzika, bagendera kure icyaca intege muzika yabo. Imibereho yabo irashimishije kuko baba mu nzu imwe nk’umwanzuro bafashe watuma batera imbere bagahuza umugambi nk’abavandimwe.


Inyota n’ishyaka bafitiye muzika ni cyo gishimisha abarigize. Byina Trap bashimangira ko bose ari abahanga mu kwandika indirimbo, akaba ari ho bahera bahamya kutazagura igihangano na rimwe. Igitekerezo cyo gukora indirimbo, buri wese yandika ibye bakabihuriza hamwe bagakosorana.

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE NA BYINA TRAP

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Rukundo eugene2 years ago
    Abobasore nibakomerezah





Inyarwanda BACKGROUND