RFL
Kigali

Ibintu 10 byakwereka ko umukobwa akwiyumvamo

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:12/12/2020 13:34
0


Nibura inshuro irenze imwe wowe uri gusoma iyi nkuru yabonye, wumvise umusore wateye ivi, asaba umukobwa kuzamubera umugore, aramwangira. Impamvu nyamukuru ishobora gutuma umusore asaba umukobwa ko bashyingiranwa umukobwa akabyanga ni uko uwo musore aba atazi gusoma amarangamutima y’umukobwa ngo amenye niba uwo mukobwa aza kwemera ubusabe.



Urubuga wikihow.com rwasohoye urutonde rw’ibimenyetso byinshi byagaragariza umusore ko umukobwa amwibonamo kandi amufitiye amarangamutima, bimwe muri ibyo bimenyetso n’ibi:

1.      Yumva mwahorana:

Nk'uko hagati y’abantu bakundana bigenda, umukobwa ugukunda kandi ukwiyumvamo aba yumva iteka mwahorana, muganira.

2.      Kukwereka inshuti ze:

Iki nacyo ni ikimenyetso kigaragaza umukobwa ugufitiye amarangamutima. N'ubwo utaramubwira ko umukunda, akunda kukwereka inshuti ze. Uzatungurwa no gusanga hari abakuzi kandi wowe ari ubwa mbere muhuye, uzi impamvu? Ni uko ahora abakubwira ndetse abakuratira.

3.      Iyo mugirana ikiganiro aba ahari wese

Niba umukobwa akunda guha agaciro ibiganiro mugirana ndetse ukabona bimushishikaje, nacyo twagishyira mu bimenyetso ko wamutwaye uruhu n’uruhande.

4.      Aho ari hose yumva mwaba muri kumwe

Ibi bituma ahora agusaba ko mwajyana mu birori runaka, iminsi mikuru, ubukwe yatumiwemo n’ahandi hanyuranye. Impamvu ibimutera ni ukugira ngo mube inshuti zihariye kurushaho, umubano wanyu ube wavamo urukundo rufatika.

5.      Iyo wisanzuye ku bandi bakobwa ntabyishimira.

Kuba hari abandi bakobwa mwagirana ibihe byiza bituma abura amahoro ndetse ukabona ko bimubanganamiye. N'ubwo utigeze umubwira ko umukunda ariko we agufata nk’umukunzi we nubwo ntabyo yakubwiye. Kukubonana n’abandi bisa nk'aho wamurutishije abandi.

6.      Indoro

Umukobwa ugukunda kandi ukwiyumvamo akureba indoro ya 'gira icyo umbwira'. Uretse ko ijisho rikurebye nabi n’irikureba neza utabura kubitandukanya. 

7.      Ibiganiro by’urukundo

Kenshi iyo muganira akora uko ashoboye ngo muganire ibiganiro by’urukundo. Niba akunda kukubaza niba ufite inshuti y’umukobwa, ntakabuza ni uko ashaka ko ugira icyo wibwira.

Uzumva akenshi akunda no kukubaza uko umukobwa ukunda cyangwa wakunda yaba ateye n’imico igomba kumuranga. Ibi bimufasha kumva niba hari ingeso udakunda yaba afite yamubuza kukugiraho umukunzi.

8.      Umunsi w’amavuko

Umukobwa ukwiyumvamo aba azi byinshi bikwerekeyeho kugeza ku munsi wavukiyeho cyangwa indi minsi ifite icyo ivuze mu buzima bwawe. Niba umunsi wizihizaho italiki wavukiyeho ubona yashyashyanye, akanagutegurira impano kandi ihuje n’ibyo ukunda, ntakabuza aragukunda.

9.      Ni umufana wawe ukomeye

 Ibintu byose ukora arabyishimira kandi akabikwereka. Akora uko ashoboye ngo akwereke ko atandukanye n’abandi.

10.  Gukora ibikorwa bikureshya.

Mu gushaka ko umureba, umukobwa agerageza gukora uko ashoboye ngo umwiteho, umurebe. Ibi bigendana no kwambara imyambaro ikureshya, ijwi rituje, inseko nziza,..

  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND