RFL
Kigali

Cardinal Angelo Becciu akomeje kwiregura mu itangazamakuru ku byaha ashinjwa byo kunyereza umutungo wa Kiliziya

Yanditswe na: Christian Mukama
Taliki:10/10/2020 6:26
0


Umu-cardinal uherutse kweguzwa ku nshingano kubera gukurikiranwaho kunyereza umutungo wa Kiriziya akawigurira inzu y’agatangaza mu mujyi wa London akomeje kunyomoza ayo makuru. Ku itariki ya 24 Nzeli ni bwo Papa Francis yakiriye ukwegura kwa cardinal Giovanni Angelo Becciu.



Mu itangazo yageneye abanyamakuru, umwunganizi mu mategeko wa Cardinak Angelo Becciu, kuri uyu wa gatatu yatangaje ko ibyaha ashinjwa ko ari uwo yunganira ari umwere wa byo. Uyu munyamategeko, yongeyeho n’amaraporo akomeke gushyirwa hanze n’ibitangazamakuru byo mu Butariyani nta kindi agamije bitari gusebya uyu akomeje Becciu.

Tariki ya 24 Nzeli 2020, itangazo rya Vatican ntiryigeze rivuga byinshi ku iyegura rya Becciu doreko ryavugaga ko Nyirubutungane yakiriye iyegura riturutse mu biri by’uyu mu Cardinal. Uku kwegura bivuze gusezera ku mirimo ifite aho ihuriye n’ubu-cardinal.

Nyamara uyu mu cardinal w’imyaka 72 ucyuye igihe, yatangarije igitangazamakuru cy’Abatariyani cyitwa Domani ko yasabwe kwegura ku nshingano ze n’ibiro bya Papa kubera ko yaketsweho kwihera murumuna we amafaranga ya Kiriziya. Nyuma yo kuvuga ibyo yongeyeho ko atigeze yiba n’ifaranga rimwe.

Uyu Angelo Becciu wigeze kuba umunyamabanga wa leta ya Vatican, magingo aya yarayoboye komisiyo yari ishinzwe kwemeza abashyirwa mu cyiciro cy’abatagatifu.

Becciu arashinjwa kunyereza amafaranga ya Kiriziya angana n’ akayabo ka miriyoni zirenga $236 akayiguriramo inzu y’agatangaza mu murwa mukuru w’Ubwongereza. Iki gikorwa bivugwa ko cyabaye igihe yari mu bunyamabanga bwa Vatican hagati ya 2011 na 2018. None kuki uyu mu cardinal asezerewe ku nshingano yarashinzwe muri 2020?

Tariki ya 25 Nzeli mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru yatangaje ko mu giteye asabwa kwegura harimo n’ikibazo cyuko yatanze akayabo k’ibihumbi $116 nk’imfashanyo ku muryango utabara abimukira mu kirwa cya Sardinia. Uyu muryango uyoborwa na murumuna wa Cardinal Beccui.

Ikinyamakuru Corriere della Sera cyo cyatangaje ko uyu Becciu yoherereje akayabo k’ibihumbi $829 ku miryango yashinjaga cardinal George Pell wo muri Australia ukurikiranyweho ibyaha by’ihohoterwa ry’abana rishingiye ku gitsina. Ibi ngo byari kugirango iyi miryango idakomeza gushinja Pell. Nyamara iki kinyamakuru nticyigeze gitangaza ibimenyetso by’iri yoherezwa ry’aya mafaranga.

Ikinyamakuru La Iene cyo nticyatinye kwandika ko gifite ibimenyetso simusiga byerekana ko mu gihe cy’imyaka 5, Becciu yatanze amafaranga akabakaba ibihumbi $588 ku muryango ufasha wo mu gihugu cya Slovania. Uyu muryango uyubowe n’umugore na we ukomoka muri cya kirwa cya Sardinia, Cecilia Marogna; yewe iki kinyamakuru ntikibura kuvuga ko n’umubano wabo utari mubi. Iki kinyamakuru cyongera kwerekana ko aya mafaranga atigeze akoreshwa mu bikorwa byo gufasha ahubwo yakoreshejwe mu kugura imyenda n’ibindi bikoresho by’imirimbo bihenze. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND