Kigali

Polisi iributsa abatwara ibinyabiziga kwitwararika birinda impanuka muri ibi bihe by’imvura nyinshi

Yanditswe na: KUBWIMANA Solange
Taliki:15/04/2025 21:17
0


Polisi y'u Rwanda iributsa abakoresha umuhanda by’umwihariko abatwara ibinyabiziga, kwitwararika muri ibi bihe by’imvura nyinshi mu rwego rwo kwirinda impanuka ziturutse ku bunyereri bw’imihanda, ibidendezi by’amazi, ibihu ndetse n’inkangu.



Ni mu gihe, ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere (Meteo Rwanda), cyatangaje ko mu gice cya 2 cy’ukwezi kwa Mata 2025, mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 50 na mm 150, ikaba iri hejuru y’impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gice.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) rivuga ko buri mwaka, ku isi yose impanuka zo mu muhanda zihitana ubuzima bw’abagera kuri miliyoni 1.3, aho inyinshi muri zo zituruka ku burangare bw’abatwara ibinyabiziga.

Nk'uko byatangajwe na Polisi y'u Rwanda, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga yibukije abatwara ibinyabiziga bimwe mu bikunze gutera impanuka mu bihe by’imvura, abashishikariza kwitwararika mu rwego rwo kuzirinda.

Yagize ati: “Mu bihe by’imvura usanga imihanda yanyereye, yaretsemo amazi, yagwiriwe n’inkangu ndetse hariho n’ibihu bituma utwaye adashobora kureba imbere. Murasabwa kugenzura ibinyabiziga byanyu ko nta mbogamizi byabateza kandi mukaba mufite icyemezo cy’ubuziranenge bw’ikinyabiziga mbere y’uko mwinjira mu muhanda."

ACP Rutikanga yibukije abatwara ibinyabiziga ko uduhanagura ibirahure (essuie-glaces) tugomba kuba dukora neza, amatara yaka ndetse na feri zikora neza kandi n’amapine adashaje kugira ngo bibarinde ubunyereri no kwirinda umuvuduko ukabije kandi bakibuka gusiga intera ihagije hagati y’ibinyabiziga..

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda kandi yagiriye inama abatwara ibinyabiziga ko mu gihe imvura ikomeje kuba nyinshi, imihanda ikarengerwa n’amazi menshi, guparika ku ruhande bagategereza ko umuhanda wongera kuba nyabagendwa, ariko na none bakirinda guparika munsi y’ibiti, hafi y’imikingo n’ahanyura imivu y’amazi.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND