Nyuma y’igihe kinini atagaragara mu kibuga, Bukayo Saka, umukinnyi wa Arsenal ukomeye, yongeye kugira ubuzima bwiza ndetse yiteguye gufasha ikipe ye mu rugamba by’umwihariko gushaka igikombe cya UEFA Champions League.
Ibi byemejwe n’umutoza Mikel Arteta wavuze ko uyu mukinnyi yongeye kugira imbaraga nyuma yo gukira imvune yamuzengereje. Saka yaherukaga gukina ku itariki ya 21 Ukuboza 2024, ubwo Arsenal yatsindaga Crystal Palace muri Premier League.
Uyu
musore yahise agira ikibazo cy’imitsi y’inyuma y’akaguru (hamstring), cyatumye
akenera kubagwa. Nyuma y’amezi atatu yitabwaho, Saka yongeye kugaruka kandi
ashobora kugaragara mu mukino wa Arsenal izakiramo Fulham kuri Emirates Stadium
ku wa Kabiri.
Mikel Arteta yagize ati: “Bukayo Saka ameze neza
kandi yiteguye gukina. Twakoze ibikenewe byose kugira ngo akire. Ubu igisigaye
ni ukumushyira mu kibuga igihe gikwiriye, kandi arashaka gukina cyane.
Twakomeje gukurikiza gahunda neza, kandi turizera ko azadufasha.”
Uyu mwaka w’imikino, Saka amaze gutsinda
ibitego 9 no gutanga imipira 10 yavuyemo ibitego mu mikino 24 yose yakinnye. Ubwitange
bwe mu kibuga bwatumye aba umwe mu bakinnyi ba Arsenal bakenewe cyane muri iyi
shampiyona.
Arsenal iri ku mwanya wa kabiri muri Premier
League, aho ikurikiye Liverpool iri imbere. Muri iyi shampiyona isigaje imikino
9, iyi kipe irashaka gukora ibishoboka byose kugira ngo ikomeze guhatana ku
gikombe n’ubwo Liverpool iyirusha amanota 12.
Umutoza wa Arsenal yemeje ko Bukayo Saka yavuye mu mvune
Bukayo Saka ategerejwe mu mikino ikomeye ya UEFA Champions League aho Arsenal izacakirana na Real Madrid
TANGA IGITECYEREZO