RURA
Kigali

Abafana ba Arsenal bo mu bihugu 14 bagiye guhurira i Kigali

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:31/03/2025 8:43
0


Ku nshuro ya gatandatu, iserukiramuco ry’abafana ba Arsenal bo muri Afurika rigiye kongera kuba, rikaba rizabera mu Rwanda kuva tariki ya 18 kugeza ku ya 20 Mata 2025.



Iki gikorwa kizwi nka "Arsenal Africa Fans Festival" cyitezweho guhuriza hamwe abafana barenga 1,000 baturutse mu bihugu 14 byo muri Afrika. Ni ku nshuro ya kabiri iri serukiramuco rizaba ribereye mu Rwanda.

Nk’uko byatangajwe na Bigango Valentin uyobora itsinda Rwanda Arsenal Fans Community (RAFC), ibikorwa by’ingenzi biteganyijwe birimo ubukangurambaga bw’ubugiraneza, aho bazasura Aheza Healing and Career Center iherereye mu Bugesera.

Iki kigo gifasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kizahabwa inkunga n'abafana ba Arsenal igizwe na ‘studio’ izajya ifasha mu gutunganya inkuru zigaragaza ibikorwa by’iki kigo.

Mu yindi gahunda, abafana bazifatanya na Orion BBC mu gikorwa cyo gutera ibiti, hagamijwe kubungabunga ibidukikije. 

Hazanabaho urugendo rw’ubukerarugendo ruzanyura mu bice bitandukanye bya Kigali nk’aho bazasura Stade Amahoro, BK Arena n’ahandi.

Abazitabira iri serukiramuco bazanarebera hamwe umukino wa Arsenal na Ipswich Town. Nubwo ari igikorwa cyateguwe n’abafana ba Arsenal, n’abandi bakunzi ba ruhago bazaba bemerewe kucyitabira.

Iri serukiramuco ryaherukaga kubera mu Rwanda mu mwaka wa 2018, kuri iyi nshuro rikazitabirwa n’abafana baturutse mu bihugu birenga 14 birimo u Rwanda, Ghana, Sudani y’Epfo, Nigeria, Kenya, Uganda, Zambia, u Burundi, Zimbabwe, Tanzania na Namibia.

Arsenal isanzwe ifitanye umubano wihariye n’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda, aho iri jambo ryamamaza igihugu riri ku mwenda w’iyi kipe kuva mu 2018.

 

Abafana ba Arsenal Barenga 1000 barateganya guhurira i Kigali mu bikotwa bitandukanye harimo n'icyubugiraneza


Ni ku nshuro ya 6 hagiye kuba Arsenal Africa Fans Festival


Kuva muri 2018 Arsenal isanzwe ikorana n'u Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND