RURA
Kigali

NBA: Indiana Pacers na Atlanta Hawks zatsinze naho Warriors iraseba

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:23/03/2025 9:51
0


Ikipe ya Indiana Pacers yakomeje kwerekana imbaraga muri NBA itsinda Brooklyn Nets ku manota 108-103. Iyi ntsinzi yabaye iya Kane yikurikiranya, bikomeza kubagumisha ku mwanya wa kane mu Burengerazuba.



Nyuma y’imikino itatu adakina kubera ikibazo cy’umugongo, Tyrese Haliburton yagarutse mu kibuga nta kibazo, aho yatsinze amanota 16 anatanga imipira 12 yavuyemo amanota, bikamuhesha double-double ye ya cumi yikurikiranya muri shampiyona.

Pascal Siakam yafashije Indiana mu gutsinda amanota 26, mu gihe Myles Turner yatsinze amanota 22, nubwo yari afite impungenge kuri murumuna we, Mya, wagize ikibazo cy’ubuzima ndetse akava muri sitade umukino udasojwe.

Ku ruhande rwa Brooklyn Nets, Trendon Watford yatsinze amanota 26 avuye ku ntebe y’abasimbura. Nets bari batsinzwe n’amanota 20 mbere y’uko bagabanya ikinyuranyo, ndetse bagera aho basigara inyuma n’inota rimwe gusa hasigaye iminota 4:30.

Nyamara, Pacers baje kongera kwigaranzura, bongera ikinyuranyo kugera ku manota 9, mbere y’uko Nets bongera kwegera, basigara inyuma n’amanota abiri gusa. Pacers barangije umukino batsinda amanota yabafashije kugumana umwanya wa kane.

Umutoza wa Indiana Pacers, Rick Carlisle, yavuze ati: "Nta buryarya cyangwa uburiganya bushobora gufasha gusoza umukino wa NBA. Twabonye ibintu bidasanzwe ku musozo w'umukino, tugomba kubigiraho isomo no gushimira Imana ko twatsinze."

Indiana Pacers yatsinze Brooykin Nets ifata umwanya wa kane mu Burengerazuba

Mu wundi mukino Atlanta Hawks bakoze ibishoboka byose batsinda Golden State Warriors ku manota 124-115.

Trae Young yafashije cyane Hawks atsinda amanota 25 anatanga imipira 10 yavuyemo andi manota, naho Onyeka Okongwu atsinda amanota 22 na rebounds 12. Iyi ntsinzi yatumye Hawks batsinda imikino 6 muri 8 iheruka, bakomeza guhatanira umwanya wo gukina Play-In Tournament.

Ku ruhande rwa Warriors, bari bafite ikibazo cyo kubura icyamamare Stephen Curry, wagize ikibazo ku kibero nyuma yo kugwa nabi mu mukino wabaye ku wa Kane. Jimmy Butler yatsinze amanota 25, naho Moses Moody atsinda amanota 20, ariko Warriors bari inyuma hafi umukino wose.

Nyuma y’umukino, Trae Young yagize ati: "Twakinnye dushikamye nk’uko bikwiriye gukorwa, turwana kugeza ku munota wa nyuma tutitaye ku manota."

 

Golden State Warriors yatsinzwe na Atalanta hwks






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND