Gutoroka ubutabera ni ikintu kitagihira abantu benshi kuko aho waba uherereye hose ufatwa ugakurikiranwa kabone n’iyo waba utari mu gihugu wakoreyemo icyaha.
Kuva
mu mpera z’icyumweru gishize, nta kindi kiri kuvugwa uretse itabwa muri yombi
rya Prince Kid w’imyaka 38 wafatiwe muri Amerika nyuma yo gutoroka ubutabera mu
myaka 2 ishize.
Prince
Kid yatumye benshi bibaza umuntu ushyirirwaho impapuro zo gutabwa muri yombi
ndetse hibazwa n’uzishyiraho kugira ngo uwakoze icyaha akurikiranwe aho agiye hose mpaka aguweho agafungwa.
Ubusanzwe
mu buryo bwemewe n’amategeko, abantu bashobora gushyirirwaho impapuro zibata
muri yombi ni;
1. Abashinjwa
ibyaha bikomeye: Abo ni nk’abakekwaho ibyaha by'iterabwoba, ibyaha
by'intambara, ibyaha byibasira inyokomuntu, jenoside, n'ibindi byaha
ndengamipaka.
2. Abashinjwa
ibyaha bihungabanya ubukungu n’umutekano: Abo ni nk’abakekwaho ubujura
bukomeye, ruswa mpuzamahanga, ubwambuzi bushukana, n'ibindi byaha bikomeye byo
mu rwego rw’amafaranga n'ubukungu.
3. Abo
igihugu kimwe gisabye ko bafatwa: Iyo umuntu akurikiranweho icyaha mu gihugu
runaka, ariko akihisha mu kindi gihugu, ashobora gushyirirwaho impapuro
mpuzamahanga zo kumuta muri yombi.
4. Abatorotse ubutabera: Iyo umuntu yakatiwe n’urukiko ariko agatoroka, igihugu cye cyangwa
imiryango mpuzamahanga ishobora gusaba ko afatwa.
Iyo
igihugu cyashyizeho impapuro zo guta umuntu muri yombi, ikindi gihugu gishobora
kumufata kikamuburanisha cyangwa se kikamwohereza muri icyo gihugu yakoreyemo
ibyaha hanyuma akaburanishwa cyangwa se agahanwa.
Si
iyo nzira gusa ahubwo hashobora kwifashishwa Interpol mu gukurikirana uwakoze
ibyaha aho Ishyiraho 'Red Notice' igakoreshwa mu gushakisha no gufata abakekwaho
ibyaha bikomeye.
Interpol
(International Criminal Police Organization) isohora impapuro mpuzamahanga (Notice)
zitandukanye zombi zigamije kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka. Izo mpapuro
ni;
Red
Notice: Uru rwandiko rukenerwa cyane mu gufata no kohereza abakekwaho ibyaha.
Blue
Notice: Ifasha mu gukusanya amakuru ku bakekwaho ibyaha.
Yellow
Notice: Ifasha mu gushakisha abantu baburiwe irengero.
Black
Notice: Igenewe ibirangamuntu by’abatabashije kumenyekana.
Green
Notice: Ibuza abantu bafite imyitwarire y’icyaha kwinjira mu bihugu bimwe.
Orange
Notice: Itanga impuruza ku bintu cyangwa ibikorwa bishobora kugira ingaruka
mbi.
Purple
Notice: Igaragaza uburyo n’ibikoresho bikoreshwa mu byaha.
Interpol-United
Nations Security Council Special Notice: Itanga amakuru ku bantu cyangwa ibigo
bihanishijwe ibihano na ONU.
Mu
mategeko y’u Rwanda byumwihariko mu itegeko rigenga Police y’u
Rwanda, rigaragaza inshingano za Polisi y'u Rwanda, zirimo gukumira no kurwanya
ibyaha, no gukorana n'izindi nzego z'umutekano mu gihugu no mu mahanga nk’uko
bikubiye mu ngingo ya gatanu y’itegeko N° 026/2023 ryo ku wa 17/05/2023 rigenga Polisi y'u Rwanda.
Ibi
bihita biha uburenganzira police bwo gukorana na Interpol mu gufata no gukurikirana abakoze ibyaha byambukiranya imipaka.
Inkiko n’ubushinjacyaha bukuru bifite uburenganzira n’ububasha bwo gukorana na Interpol mu rwego rwo gushyira mu bikorwa izo mpapuro mpuzamahanga, cyane cyane binyuze mu gutanga Red Notices, zigamije gufata abakekwaho ibyaha bahungiye mu bindi bihugu.
TANGA IGITECYEREZO