Ishimwe Kagame Dieudonne uzwi ku mazina ya Prince Kid, yafatiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo gutoroka ubutabera mu Rwanda bwari bwamukatiye igifungo cy’imyaka itanu.
Tariki
03 Werurwe 2025, Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe
za Amerika (ICE) rwatangaje ko rwafashe Ishimwe Dieudonné w’imyaka 38, wari
warahunze ubutabera bw’u Rwanda nyuma yo gukatirwa imyaka Itanu ahamwe ibyaha bibiri birimo icyo gukoresha undi imibonano muzabitsina ku gahato.
Hari
hashize imyaka irenga itatu nta muntu uca iryera Prince Kid wari warakatiwe
imyaka itanu ndetse mu kiganiro n'abanyamakuru mu Ugushyingo 2023, umuvugizi
wungirije wa guverinoma, Alain Mukuralinda, yatangaje ko nibaramuka batamubonye
mu gihugu, bazitabaza inzego mpuzamahanga zirimo na Interpol kugira ngo afatwe.
Byagenze
gute ngo Prince Kid yisange aha hantu?
Prince
Kid (Ishimwe Dieudonné) yatangiye gutegura irushanwa rya Miss Rwanda mu mwaka
wa 2014 binyuze muri Rwanda Inspiration Backup, sosiyete ye yari ishinzwe
gutegura iri rushanwa.
Mu
mwaka wa 2022 Mu kwezi kwa Mata, Ishimwe Dieudone yatawe muri yombi
akurikiranyweho ibyaha bijyanye n’ihohotera rishingiye ku gitsina, bityo Rwanda
Inspiration Backup ihagarikwa gutegura Miss Rwanda.
Uyu
Prince Kid yaregwaga ibyaha bitatu aribyo;
Gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.
Gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku
gitsina.
Guhoza
undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.
Ku
wa Gatatu tariki 11 Gicurasi 2022, yitabye Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro
kugira ngo atangire kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, gusa urubanza
rusubikwa bitewe n’ubusabe bw’uwamwunganiraga mu mategeko wasabye ko bahabwa
umwanya wo gutegura urubanza neza.
Tariki
ya 13 Gicurasi 2022, Prince Kid yongeye kwitaba urukiko hanyuma aburana ku
ifungurwa ry’agateganyo mu rubanza rwabereye mu muhezo hanyuma ku wa 03 Kamena
2022 urukiko ruvuga ko akomeza gufungwa by’agateganyo.
Mu
ntangiriro za Kamena 2022, Ishimwe yajuririye icyemezo cyo gufungwa
by’agateganyo mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge gusa biza guterwa utwatsi
akomeza gufungwa by’agatenyanyo.
Tariki
ya 05 Ukwakira 2022, urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije Prince
Kid ku byaha yaregwaga ariko n’ubundi bikomeza kubera mu muhezo ku bwo kurinda
umutekano w’abatangabuhamya dore ko hakoreshwaga ‘codes’.
Ku
wa 02 Ukuboza 2022, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagize umwere Ishimwe
Dieudonné waregwaga ibyaha byo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato,
gusaba no gukora imibonano mpuzabitsina ku gahato no guhoza undi ku nkeke
bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina ndetse rutegeka ko ahita afungurwa.
Nyuma
y’igihe gito afunguwe, ku wa 02 Werurwe 2023 Prince Kid yagiye gusezerana
imbere y’amategeko naho ku wa 01 Nzeri 2023, Prince Kid yahise akora ubukwe na
Miss Elsa wamurwaniye ishyaka mu gihe yari mu gihome dore ko nawe yigeze
gutabwa muri yombi kubera gushaka guhisha ibimenyetso bishinja Prince Kid.
Hagati
aho, Ku wa 05 Mutarama 2023 nibwo hamenyekanye amakuru y’uko ubushinjacyaha
bwajuririye umwanzuro w’urukiko wari warasomye ku wa 02 Ukuboza 2022 ku rukiko
rukuru rwa Nyarugenge.
Tariki
13 Ukwakira 2023, Prince Kid yahamijwe n’urukiko ibyaha bibiri hanyuma akatirwa
gufungwa imyaka itanu ndetse n’ihazabu ya miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u
Rwanda.
Icyo
gihe yari ahamwe n’ibyaha bibiri aribyo; gukoresha undi imibonano mpuzabitsina
ku gahato no gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.
Mu
gihe abantu benshi bavugaga ko agiye gufungwa, Prince Kid yahise abura ari
nabwo mu kiganiro n'abanyamakuru mu Ugushyingo 2023, umuvugizi wungirije wa
guverinoma, Alain Mukuralinda, yatangaje ko nibaramuka batamubonye mu gihugu,
bazitabaza inzego mpuzamahanga zirimo na Interpol kugira ngo afatwe.
Kuri
ubu, Ishimwe afungiye muri ICE, ategereje ko hafatwa icyemezo cyo kumwohereza
mu Rwanda nk'uko bigaragara ku rubuga rwayo ndetse bikaba byagarutsweho
n'ibitangamakuru bitandukanye birimo wfaa.com.
Prince Kid yafatiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mujyi wa Texas
Prince Kid yavuye mu Rwanda yarakatiwe imyaka itanu
Prince Kid yakatiwe igifungo cy'imyaka itanu nyuma y'igihe gito akoze ubukwe na Miss Elsa
TANGA IGITECYEREZO