RURA
Kigali

Basketball: U Rwanda mu cyizere byo kubona itike y'Igikombe cya Afurika

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:21/02/2025 14:30
0


Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Basketball, Ndizeye Ndayisaba Dieudonné, yatangaje ko bafite icyizere cyo kubona itike y’Igikombe cya Afurika, nyuma y’imyiteguro ikomeye bakoze mbere y’uko imikino y’amajonjora itangira muri Maroc.



Guhera kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 21 Gashyantare 2025, u Rwanda rurahura na Sénégal mu mukino wa mbere w’aya majonjora, urakinwa saa Kumi z’umugoroba ku isaha yo mu Rwanda.

Ndizeye Dieudonné yavuze ko imyiteguro yari myiza bakoreye muri Maroc yatumye bizera intsinzi. Ati: “Twaje mbere kugira ngo twitegure bihagije. Twakinnye imikino ibiri ya gicuti, turamenyera ikirere n’imiterere y’ahazabera imikino. Twizeye ko tuzabona itike y’Igikombe cya Afurika kubera ubufatanye bwacu n’umwuka mwiza dufite.”

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Cheikh Sarr, nawe yagaragaje ko bafite icyizere nubwo amakipe bazahura nayo yiteguye neza. Yagize ati: “Imikino ya gicuti yadufashije kongera ingufu mu bwugarizi no mu busatirizi. Nta kipe yizeye itike, ariko gutsinda imikino ibiri bizaba bihagije.”

U Rwanda ruherereye mu itsinda rya gatatu hamwe na Sénégal, Cameroun, na Gabon. Nyuma yo guhura na Sénégal kuri uyu wa Gatanu, ruzakina na Cameroun ku wa Gatandatu, hanyuma rusoreze kuri Gabon ku Cyumweru, tariki ya 24 Ugushyingo 2024.

Kugeza ubu, u Rwanda rufite amanota ane, rukaba ruheruka gutsinda umukino umwe mu mikino itatu yakinwe mu Ugushyingo 2024. Muri aya majonjora, amakipe atatu ya mbere muri buri tsinda azabona itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Angola.

     

Umutoza w'igihugu yatanze icyizere cyo kujya mu gikombe cya Africa






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND