Umugore wo muri Leta ya Uhio ukora umwuga w’uburaya, arashinjwa kwica abagabo bane abarogesha imiti ibica no kugerageza kwica uwa gatanu.
Urukiko rwa Franklin
rwemeje ko uyu mugore ashobora kuburanishwa kuko asobanukiwe iby'iburanisha kandi ashobora
kwirwanaho.
Rebecca
Auborn w’imyaka 34, ni we ukurikiranyweho ibi byaha biremereye. Si ubwa mbere
ashijwa kwivugana abantu kuko mu Ukwakira 2023 yashinjwe ibyaha bisaga 30
birimo ubwicanyi, ubujura bukoreshejwe urugomono kugerageza kwica. Yireguye
ahakana ibyo aregwa.
Umucamanza
Karen Phipps yemeje ku wa Kane ko Auborn afite ubushobozi bwo kuburanishwa
nyuma yo gusuzumwa n’umuganga w’inzobere mu bijyanye n’imitekerereze. Nubwo
bimeze bityo, itariki y'itangira ry’urubanza rwe ntiratangazwa.
Ubushinjacyaha
buvuga ko kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena 2023, Auborn yahuye n’abagabo
bane mu mujyi wa Columbus ababeshya ko bagirana imibonano mpuzabitsina, hanyuma
akabaha imiti yica irimo Fentanyl maze akabambura bamze gupfa. Yanashinjwe
kugerageza kwica undi muntu wa gatanu mu Ukuboza akoresheje uburyo nk'ubwo.
Abapfuye
bamenyekanye ni Wayne Akin w’imyaka 64, Robert Snoke w’imyaka 54, Joseph
Crumpler w’imyaka 30, na Guy Renda Jr.,l w’imyaka 42.
Christyn Crockett, umukobwa wa Wayne Akin, yavuze ko yababajwe bikomeye n’urupfu rwa se ariko yishimiye icyemezo cyo kuburanisha Auborn kuko bizatuma habaho ubutabera.
Yagize ati: "Nta n'umwe muri twe
uzaruhuka kugeza ubwo ibi byose bizaba birangiye, ariko ni intambwe nziza yo
kugera ku butabera."
Uyu mugore
w’imyaka 34, wiyemerera ko yahuye n’aba bagabo ariko agahakana ko yabishe, ategereje
urubanza ruzatuma hamenyekana ukuri.
Indaya yari irembeje abakiriya bayo ibavutsa ubuzima iri kuburanishwa mu gace ka Ohio
TANGA IGITECYEREZO