Kigali

Harimo kurwana n’amateka! Ibyo kwitega ku munsi wa 17 wa shampiyona

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:14/02/2025 14:18
0


Shampiyona y’u Rwanda umunsi wa 17 yagarukanye imbaraga n’imbaduko nyuma y’uko amakipe nka Rayon Sport na APR FC akomeje kurwanira umwanya wa mbere ariko Rayon Sports ikora ibishoboka byose ngo igume kuwuryamaho.



Guhera kuri uyu wa Gatandatu itariki 15 Gashyantare 2025 imikino ya shampiyona y’u Rwanda irakomeza ku munsi wa 17 aho izasozwa ku  ya 16 Gashyantare aho uyu munsi uzarangira abakunzi b’amakipe amwe bishyimye abandi abababaye.

Guhera kuri uyu wa Gatandatu imikino iteganyijwe ni Etincelles FC izakira Mukura VS kuri Stade Umuganda, Muhazi Umited yakire Vision FC kuri Stade y’akarere ka Ngoma, Amagaju FC yakire Rutsiro kuri Stade mpuzamahanga y’akarere ka Huye, Gasogo United yakire Bugesera kuri Kigali Pele Stadium. Umukino karundura utegerejwe kuri uyu wa Gatandatu ni uwo Kiyovu Sports izakiramo Rayon Sports kuri Kigali Pele Stadium.

Imikino ya shampiyona izakomeza ku cyumweru aho ikipe ya Police FC izacakirana na Marines FC Saa Sita n’igice kuri Kigali Pele Stadium, Saa Cyenda Gorilla FC izakira Musanze Fc naho Saa kumi n’ebyiri APR FC yakire AS Kigali.

Imwe mu mikino yo kwitega kuri uyu wa Gatandatu harimo uwa Rayon Spor na Kiyovu Sports. Ni umukino ukomeye mu mateka kuko aya makipe agiye gukina amaze igihe kirekire ahanganye mu Rwanda. Guhangana kwayo ntabwo ari iby’ubu gusa, ahubwo hari n’abavuga ko byagabanyutse ugereranyije na kera.

Kuva mu 1965 ikipe ya Kiyovu Sports Club na Rayon Sports FC yari afitanye ubukeba bwo ku rwego rwo hejuru, aho umukino wahuzaga amakipe yombi ari wo warebwaga n’abafana benshi mu Rwanda.

Ku itariki ya 15 Kamena muri 2017, kuri Stade yo ku Mumena Rayon Sports FC yatsinze Urucaca ibitego 2-1 bituma irangiza shampiyona ku mwanya wa 15 muri shampiyona y’icyiciro cya mbere byashoboraga gutuma  rumanuka mu  cya kabiri nubwo byaje kurangira  rutamanutse bituma kongera guhangana hagati ya Kiyovu Sport Club na Rayon Sports FC bizuka.

Kuva mu  2020 Kiyovu Sports Club yongeye kugaruka mu guhangana na Rayon Sports FC ubwo Mvukiyehe Juvenal yari atorewe kuyobora Urucaca  kubera ko imwe mu ntego yari afite harimo no kongera guca ako gasuguro ka Rayon Sports FC kandi yabigezeho kuko mu myaka 3 yayoboye ntabwo iyi kipe yambara Ubururu n’Umweru yabashize kumutsinda.

Kuva muri 2010 kugeza ubu muri shampiyona Rayon Sports FC igiye guhura na Kiyovu Sports Club ku nshuro ya 31. Muri iyi mikino Rayon Sports FC yatsinzemo 12, Kiyovu Sports itsinda imikino 10, zinganya 8.

Mu mikino 9 ya shampiyona iheruka guhuza aya makipe yombi ya Rayon Sports yatsinzemo umukino umwe baheruka gukina, Kiyovu Sport Club yatsinzemo imikino 5 naho banganya itatu.

Umukino uheruka guhuza aya makipe yombi wakinwe ku itariki 1 Ugushyingo 2024, warangiye Rayon Sports itsinze Kiyovu Sports 4-0.

Rayon Sports iracakirana na Kiyovu Sports ku munsi wa 17 wa shampiyona y'u Rwanda

APR FC ifitanye urubanza rukomeye na AS Kigali kuri iki Cyumweru

Undi mukino  witezwe na benshi mu mpera z’iki cyumweru ni uzahuza APR FC na AS Kigali. Ni umukino  uvuze byinshi kuko uretse kuba APR FC iheruka gutsinda AS Kigali imikino ibiri baheruka gukina, mbere y’iyo mikino AS Kigali yari yarashizeho umurongo ntarengwa kuko APR FC byayisabye imyaka itandatu ngo yongere kubona intsinzi imbere ya AS Kigali.

Imikino yo ku munsi wa 17 wa shampiyona ishobora gusiga amakipe amwe arira andi agaseka. Ikipe ya Rayon Sports ntabwo imaze iminsi yitwara neza muri shampiyona aho mu manota 6 aheruka gukinirwa yabonye inota rimwe gusa. Yatsinzwe umukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona na Mukura VS naho umukino wo ku munsi wa 16 wa shampiyona inganya na Musanze FC.

Gutakaza iyo mikino byatumye APR FC ihora ihanganiye ibikombe na Rayon Sports iyirya isataburenge kuko kugeza ubu Rayon Sports ya mbere irusha APR FC ya Kabiri amanota atatu gusa.

Mu gihe ikipe ya Rayon Sports yatsindwa na Kiyovu Spor amahirwe yo kugumana umwanya wa mbere yaba ayoyotse kuko APR FC iramutse itsinze AS Kigali, yahita ifata Rayon Sports mu manota bagakizwa n’ibitego byinjijwe mu munsi wa 17 wa shampiyona.

Mu gihe AS Kigali yatsinda APR FC naho Rayon Sports igatsinda Kiyovu Sports, ibintu byaba bitangiye kugaruka mu buryo bwiza ku ruhande rwa Rayon sports kuko umunsi wa 17 warangira irusha APR FC amanota atandatu.

Rayon Sports mu migambi yo kwurwana ku mwanya wa mbere imazeho igihe kinini






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND