Ikipe ya Al Ahly Tripoli yo muri Libya ikinamo myugariro w'Umunyarwanda ,Manzi Thierry yafatiwe ibihano n'impuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru ku Mugabane wa Afurika,CAF nyuma y'ibyo abafana bayo bakoreye Simba SC.
Muri uyu mukino warangiye ari 0-0 abafana ba Al Ahly Tripoli bateye amacupa abakinnyi ba Simba SC ubwo bari basubuye mu rwambariro,barabatuka banabakorera irondaruhu ndetse n'umunyezamu wayo Aishi Manula akubitwa n'ushinzwe umutekano biba ngombwa ko ajyanwa kwa muganga.
Byari na nyuma y'uko Al Ahly Tripoli itishimiye imisifurire aho yavugaga ko hari penaliti yimwe ndetse biba n'imbarutso yo kwitara umusifuzi wasifuye umukinnyi w'umukino.
Nyuma y'ibi Simba SC yahisemo kurega ikipe ya Al Ahly Tripoli muri CAF none ku munsi w'ejo iyi kipe yafatiwe ibihano aho yaciwe ibihumbi 20 by'Amadorali ndetse ikaba izanakina imikino 2 nta bafana bari muri Stade
Ikipe ya Al Ahly Tripoli byarangiye isezerewe na Simba SC mu mikino ya CAF Confederation Cup aho yatsinzwe ibitego 3-1 mu mukino wo kwishyura wabereye muri Tanzania.
TANGA IGITECYEREZO