RFL
Kigali

Twibuke ko turi abantu tubeho kimuntu - Addy d’Afrique agaruka ku ndirimbo ye nshya - VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:1/10/2024 18:58
0


Nyuma y’amezi 8 ashyize hanze iyo yise ‘Rudasumbwa’ igakundwa n’abatari bacye, umuhanzikazi Addy d’Afrique yashyize hanze indirimbo nshya yibutsa abantu ko bakwiriye gukoresha neza amahirwe y’ubuzima mu gihe bakibufite.



‘Ubuzima,’ ni indirimbo nshya y’umukobwa witwa Ishimwe Adélaïde umaze kumenyekana ku izina akoresha mu buhanzi rya Addy d’Afrique, wamamaye cyane nyuma yo kugaragaza ubuhanga budasanzwe, ubwo yasubiragamo indirimbo y’umuhanzikazi Clarisse Karasira na Mani Martin bise ‘Urukerereza.’

Aganira na InyaRwanda, uyu mukobwa yavuze ko indirimbo yaherukaga gushyira hanze yise ‘Rudasumbwa’ yamuteje intambwe ikomeye mu muziki we. Ati: “Rudasumbwa yabaye indirimbo y'ibihe kuri njye. Ni indirimbo yampaye abantu b’ingenzi ntifuza guhomba. Ni indirimbo kandi yanyeretse ko bishoboka kabone nubwo haba hari abatabyumva. Ni n'indirimbo kandi yanshiriye inzira.”

Yavuze ko indirimbo ye nshya ‘Ubuzima,’ ikubiyemo ubutumwa bwo gufasha abantu kongera gutekereza ku buzima bwabo, bakagira amahitamo meza mu gihe bakiriho, bakubaka urwibutso rwiza bazibukirwaho mu gihe bazaba batakiriho.

Ati: “Nta munsi ushobora gushira utumvise umuntu wavuye mu buzima; uwo uzi n’uwo utazi. Akigenda rero nta kindi dutekereza kitari ‘yari, yagiraga,’ n’ibindi byinshi. Naribajije nti ‘ningenda nge bazamvuga bate? Wowe se nugenda?

Nabonye ubuzima ari ibindi bindi! Kuva uvutse kugeza upfuye amahitamo ugira ni hafi ya ntayo, ariko ibyiza wabihitamo aho guhitamo ibibi. Wahitamo urukundo aho guhitamo urwango. Wagira ubumuntu aho kuba inyamaswa. Ibyo rero ubigira ntagambirira ikibi, ntagambanira inshuti, […] naribwiye nti ‘iyaba twamenyaga ko ejo tuzagenda hakaza abandi twagaharaniye kuba ab'umumaro mu bandi.”

Yongeyeho ko iyi ndirimbo yayigeneye buri wese ufite inyama n’amaraso uzi neza ko uyu munsi ahari ariko ejo yagenda, asaba abamwumva kongera kwibuka ko ari abantu bityo ko bakwiye kubaho kimuntu.

Indirimbo ‘Ubuzima’ yakozwe mu buryo bw'amajwi na Producer Rog-b beatz, naho mu buryo bw'amashusho ikorwa na Director Eli-b. Addy, yavuze ko yayikoreye muri Ecole d'arts de Nyundo, ari naho yize.

Mu gihe amaze akora umuziki, Addy d’Afrique yashimangiye ko nta kintu na kimwe kitavuna, ashimira buri wese wamufashe akaboko kugira ngo abashe kugera aho ageze uyu munsi.

Yasoje asaba abakurikira ibihangano bye guha agaciro impano y'ubuzima bafite bakabukoresha batera amahoro aho kuyasenya. Yasabye abakunzi b’umuziki Nyarwanda gukomeza kumushyigikira, abasezeranya ko ‘nanjye uko nzashobozwa kose nzasiga akabondo gakomeye bazicumbiraho.’

Addy d’Afrique wavukiye i Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba, avuga ko yatangiye ibijyanye n’umuziki akiri mu mashuri abanza, abitangirira mu kubyina imbyino gakondo nyuma arabikomeza no mu mashuri yisumbuye ari na bwo yaje gutangira kubifatanya no kuririmba, akaririmba mu bukwe n’ahandi.


Umuhanzikazi Addy d'Afrique uri kubaka izina mu njyana gakondo yashyize hanze indirimbo nshya

Ni indirimbo yibutsa abantu guha agaciro ubuzima bafite ubu kuko batazabuhorana, bakazasiga inkuru nziza imusozi

">

Reba hano indirimbo 'Ubuzima' ya Addy d'Afrique

">
 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND