RFL
Kigali

Yatangiye ikumirwa mu Nsengero! Urugendo rwa Alarm Ministries yizihiza isabukuru y’imyaka 25

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:4/08/2024 13:20
0


Alarm Ministries iri mu matsinda akomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana ndetse yabereye itara benshi yaba mu yandi matsinda no mu bahanzi bikorera ku giti gusa urugendo rwabo ntabwo rwari rworoshye nubwo guhozaho bitumye bagihagaze neza bemye mu ivugabutumwa mu Karere k’Ibiyaga Bigari.



Mu mwaka wa 1997 hashize imyaka 3 Inkotanyi ziboye u Rwanda zikanahagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, abantu benshi bari bakeneye ubutumwa bw’ihumure.

Aho niho hahereye umuhamagaro wazamukiye mu rubyiruko rwari rutuye muri Kimisagara bumva bafite gutanga umusanzu mu mu komora imitima ya benshi yarishegeshwe.

Bahise biha umukoro wo kwinjira mu buryo bwagutse mu gutanga ubutumwa bwiza binyuza mu bihangano byo kuramya no guhimbaza Imana.

Binyuze mu bihangano byabo amagana bagiye bajya kuvuga ubutumwa mu bihugu bitandukanye nka Kenya, Burundi, Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, banagiye begukana ibihembo bitandukanye.

Iri tsinda rikaba ryaratangijwe n’abasore n’inkumi bagera kuri 15 bari hagati y’imyaka 18 na 25, iri tsinda uruhare rwaryo rukaba rwarabaye urufatiro rwa Korali n’amatsinda avuguruye yo kuramya no guhimbaza Imana.

Bitewe n’uburyo uru rubyiruko rwitwaraga bamwe mu ntangiriro hari ubwo batabakiraga nk’abaramyi mbega bakababona mu yindi shusho gusa ntibacitse intege.

Ndetse imikorere yabo yo gushaka kubaho nk’abaririmbyi ariko bigenga yatumye batarebana neza na Restoration Church benshi basengeragamo nk'uko Charles Mazeze wayoboye iyi Minisiteri  yigeze kubitangaza.

Ariko bitewe no kuba bari bafite icyerekezo cyagutse cyo guhuza amatorero, barakomeje hagati ya 1997 na 1998 bari babayeho nk’abaririmbyi ba Restoration Church gusa baje gutangira nka Alarm Ministries mu 1999.

Umwanzuro wabo watumye benshi babafata nk'abigometse ariko mu 2000 ubwo bari basoje gutaramira abari bitabiriye inama yabereye muri Stade Amahoro,  Gitwaza byamukoze ku mutima abategera imodoka ibasubiza Kimisagara.

Ibintu byatumye babona ko bishoboka nubwo ariko uregendo rwo kuba bafatwa nabi rutari rurangiye, ibi kandi byajyanaga no kuba bari bafite ubunararibonye butari hejuru.

Mu 2006 bongeye kwakirwa muri Restoration Church maze mu 2009 biyandikisha nk’umuryango udaharanira inyungu. Indirimbo yabo ‘Hari Impamvu’ yagiye hanze mu 2015 yagize igikundiro cyo hejuru.

Ibintu kandi byagiye bihinduka kugera ubwo bari basigaye batumirwa ahantu henshi ku buryo byabagoraga no kubona uko bitabira, bakomeza gukora ibihangano byiza na Album.

Begukanye ibihembo bikomeye nka Groove Awards, Salax Award n’ibindi.

Ibihangano bya Alarm Minisitries byakomeje kugenda byifashishwa mu bihe bitandukanye mu nsengero zitandukanye mu Rwanda, mu Burundi, Tanzania n’ahandi bakoresha i Kinyarwanda.

Bafite kandi imishinga yagutse ihagaze za Miliyari bateganya nko kubaka icyicaro gikuru, amashuri kimwe no gukomeza guteza imbere impano z’abakiri bato.Isaburu ya Alarms Minisitries bayibara bahereye igihe batangiye kwikorera batagengwa n'amabwiriza y'insengeroBahaye umurongo mu buryo bumwe n'ubundi umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, bacira inzira abatari bacye

KANDA HANO UREBE UNUMVE IBIHANGANO BYABO

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND