Umuhanzi umenyereye mu ndirimbo zigaruka ku burere mboneragihugu, Senderi Hit ndetse n’Itorero ndangamuco ry’igihugu ‘Urukerereza’ bataramiye i Mukarange mu Karere ka Kayonza mu Burasirazuba ahizihirijwe ibirori by’Umuganura ku rwego rw'Igihugu.
Byabaye
kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Kanama 2024. Ni ibirori byitabiriwe n’abayobozi mu
nzego Nkuru z’Igihugu, barimo Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Ishingano
Mboneragihugu wari umushyitsi Mukuru.
Umuganura
wabaye inkingi ikomeye mu mibereho y’Abanyarwanda kuva mu myaka ya kera cyane
kugeza ubu. Akamaro n’agaciro byawo byatumye abasokuruza bagenda
bawuhererekanya, u Rwanda rukaba rukiwubahiriza na n'ubu.
Ibirori
byo kuwizihiza ku rwego rw'Igihugu byabereye muri Kayonza, ariko wanizihijwe ku
rwego rwa buri Karere, umudugudu no mu miryango.
Inteko y’Umuco
ivuga ko ‘Umuganura w’Abanyarwanda si ugusangira umutsima gusa, ni umwanya wo
kuzirikana umutima w’Abanyarwanda urangwa no gukunda Igihugu, guharanira ubumwe
no kwigira.’
Kwizihiza
Umuganura, bishimangira urugendo Abanyarwanda barimo rwo kwigira hifashishwa
umuco, hashakwa ibisubizo bihamye by’ibibazo bahura na byo, mu bushobozi
bafite, bashingiye ku muco w'Abanyarwanda urangwa n’ubuntu, ubufatanye, gutabarana
no gusangira.
Kuri iyi
umunsi w’umuganura wizihijwe ku nsanganyamatsiko igira iti “Umuganura, isoko
y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira. Tuganure dushyigikira gahunda yo kugaburira
abana ku ishuri”.
Ibirori
byo kwizihiza Umuganu byasusurukijwe n’umuhanzi Senderi Hit ndetse n’Itorero
Urukerereza. Senderi yataramiye abitabiriye ibi birori mu gihe cy’isaha irenga,
aho yaririmbye kuva saa tatu n’iminota 30’ kugeza saa yine n’iminota 10’.
Yaririmbye
indirimbo zubakiye ku burere-mboneragihugu nka ‘Twaribohoye’, ‘Nzabivuga’, ‘Iyo
Twicaranye’, ‘Tuzarinda Igihugu’, ‘Murihe’ yasubiyemo ‘Convention’ n’izindi
zinyuranye.
Mu kiganiro na InyaRwanda, Senderi Hit yavuze ko yashimishijwe no kuba yatoranyijwe mu bahanzi baririmbye mu kwizihiza ibirori by’umuganura.
Ati “Ni
ibyishimo bidasanzwe kuba nagiriwe amahirwe nkaririmba mu birori by’umuganura
byabereye i Kayonza. Nishimiye uburyo abaturage ba Kayonza banyakiriye, Imana
ibahe imigisha ndabakunda cyane. Ndashimira kandi Minisiteri ibifite mu
nshingano kuba yampaye aya mahirwe yo gutaramira abitabiriye umuganura.”
Urukerereza
basusurukije abitabiriye ibi birori bisunze indirimbo zamamaye cyane nka 'Hinga
amasaka' mu rwego rwo kwishimira umusaruro w'ibihingwa wabonetse, banaririmbye
kandi' babyina indirimbo yamamaye cyane yitwa 'Benimana' n’izindi.
Mu
ijambo rye, Minisitiri Dr Jean Damascène Bizimana yasabye Abanyarwanda gukorana
umurava no gushyira hamwe mu rugendo rwo kubaka u Rwanda. Ati "Leta yifuza
ko Abanyarwanda bashyira hamwe ngo bashakire ibisubizo by'ibibazo duhura na byo
mu Gihugu cyacu."
Avuga ko
kuganuzanya bidakwiriye kugarukira ku munsi w’umuganura gusa. Ati
"Ntituganure ngo dusabane ngo twibagirwe n’abandi bafite bike, ngo
twibagirwe abana bacu. Nidusubira mu ngo zacu tubikomeze, bizaturange igihe
cyose.''
Umuyobozi
w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco yagaragaje ko aka karere kizihije umunsi
w’umuganura, bihagije mu biribwa kuko bashobora no kuganuza abandi.
Yavuze
ati “Abanya-Kayonza ntitwategereje ak'imuhana ahubwo twashyize hamwe turakora,
duhuza amaboko, ubwenge n'umutima ku buryo ubu umusaruro dufite utwemerera
kuganura nk'Abanyakayonza, kuganuza igihugu cyose no gusagurira amahanga."
Meya Nyemazi Jean Bosco yagaragaje ko ibyavuye muri Pariki y’igihugu y’Akagera byaganujwe abaturiye Pariki ndetse n’igihugu cyose muri rusange. Ati "Uyu mwaka baganuje abaturiye pariki miliyoni 800 Frw. Zirimo 560 zagiye mu bikorwa n'imishinga biteza imbere abaturage.''
Mukakamari
Marie Therese watanze ubuhamya bw’urugendo rwe rwo kwiteza imbere no kwiyubaka
yashimye “Leta yacu nziza yamfashije kubona ubumenyi, nanjye ndaza mbusangiza
abandi twese twiteza imbere, turahinga tureza ndetse Koperative yacu Indatwa
yaganuza abanya-kayonza bose ndetse n'igihugu muri rusange kuko dufite
Umusaruro w'umuceli uhagije.”
Minisitiri
Bizimana yayoboye umuhango wo guha abana amata, nk'ikimenyetso cyo kurerera u
Rwanda neza abazarukorera no mu gihe kizaza- Yaganuje abanyakayonza, abaha
imbuto ndetse aboroza inka
Mu
kwishimira Umuganura, abatuye Kayonza bamuritse bimwe mu byo bejeje muri uyu mwaka
Senderi yataramiye abitabiriye ibirori by'Umuganura2024 byizihirijwe mu Karere ka Kayonza ku rwego rw'Igihugu
Senderi yaririmbye ibihangano bye bikunzwe cyane, byiganjemo ibikomoza ku kwiyubaka k'u RwandaItorero Imitavu ryataramiye abitabiriye ibi birori binyuze mu mukino ndetse n’umuvugo
Umuyobozi w'Akarere ka Kayonza, Bosco Nyemazi
Senderi yavuze ko yakozwe ku mutima no kuba yahawe umwanya wo kuririmba mu birori by'umuganura
KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO 'TWARIBOHOYE' YA SENDERI HIT
TANGA IGITECYEREZO