RFL
Kigali

Celine Dion yongeye kugaragara ku rubyiniro nyuma y’imyaka 4

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:27/07/2024 11:47
0


Umuhanzikazi Celine Dion wari umaze imyaka igera kuri ine atagaragara ku rubyiniro, yongeye gutungurana aririmba mu muhango wabereye i Paris wo gutangiza imikino Olempike ya 2024.



Celine Dion, umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Canada, yongeye kuzamura amarangamutima ya benshi ubwo yagarukaga ku rubyiniro nyuma y’imyaka ine ataririmba mu bitaramo kubera ibibazo by’uburwayi.

Muri ibi birori byitabiriwe n’abarimo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, uyu muhanzikazi yaririmbye indirimbo yitwa ‘Hymne à l’amour’ mu minota ya nyuma yo gusoza iki kirori cyabereye ahitwa kuri Eiffel Tower.

Celine w'imyaka 56 y'amavuko, yishyuwe miliyoni 2 z'amadolari kugira ngo aririmbe muri ibi birori. 

Iyi yari inshuro ya kabiri Celine Dion aririmbye mu mikino Olempike, nyuma yo mu 1996 ubwo yaririmbaga indirimbo yise 'The Power of the Dream' mu birori byabereye muri Atlanta.

Iyi mikino yatangiye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Nyakanga 2024, ibera mu Mujyi wa Paris mu gihugu cy’u Bufaransa. Ni imikino yitabiriwe n’ibihugu bitandukanye byo ku Isi, baserutse mu myambaro inyuranye igaragaza umuco wa buri gihugu n’ibindi.

Ibirori byo gutangiza ku mugaragaro iyi mikino byabaye urukererezabagenzi, kuko byahuje ibihumbi by’abantu ku Isi, Miliyoni z’abantu zibikurikira imbona nkubone.

Mu mpera za 2022, nibwo Céline Marie Claudette Dion [Celine Dion] yatangaje ko arwaye indwara ifata mu bwonko, ituma ataririmba nk’uko byahoze. Iyi ndwara Stiff Person Syndrome ifata mu bice by’ubwonko bw’umutu ndetse no mu rutirigongo, bigatuma atabasha kuvuga cyangwa kugenda.

Ni itangazo ryaje ritunguranye nyuma y’uko uyu muhanzikazi yari ari kwitegura igitaramo cyo kuzenguruka u Burayi ataramira abakunzi be.

Mu butumwa bw’amashusho uyu muhanzikazi yanyujije ku mbuga nkoranyamabaga, yavuze ko yari amaze iminsi atameze neza, ubwo rimwe na rimwe yananirwaga kuvuga neza no kugenda, bamusuzuma bagasanga ari iyi ndwara ifata ubwonko afite.

Abashakashatsi ntibaremeza neza igitera iyi ndwara gusa bavuga ko ifitanye isano n’izindi ndwara zituma ubwirinzi bw’umubiri budatandukanya utunyangingo tw’umubiri n’utuvuye hanze bigatuma ubwirinzi bwawo bwibeshya bukibasira utunyangingo dusanzwe.

Yongeye kugaragara bwa mbere mu ruhame mu mwaka ushize, yuma y’igihe gikabakaba imyaka ine, nta muntu umuca iryera. Icyo gihe, yagaragaye yitabiriye umukino wa National Hockey League.

Mu ndirimbo z’uyu muhanzi zakunzwe harimo iyitwa "My heart will go on", "It’s all coming to me now", "I am alive", "The power of love" n’izindi.


Celine Dion yongeye kugaragara ku rubyiniro nyuma y'imyaka ine arembejwe n'uburwayi 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND