RFL
Kigali

Frank Gashumba ukubutse mu Rwanda yaruvuze ibyiza asaba Gen Muhoozi kwigira kuri Perezida Kagame

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:11/07/2024 18:18
0


Frank M Gashumba benshi bazi mu myidagaduro nka Se wa Sheila Gashumba ariko na none akaba mu bagabo b’abanyapolitike banabihuza n’ishoramari, yavuze byinshi yakuye mu rugendo aheruka kugirira mu Rwanda aho yari yitabiriye umunsi mukuru wo Kwibohora ku nshuro ya 30.



Frank M Gashumba yagarutse ku bihe yagiriye mu Rwanda aho yageze yitabiriye ibikorwa byo #Kwibohora30, gusa bikarangira yiyongeje iminsi ngo atembere urw'imisozi igihumbi.

Uyu mugabo yagarutse ku byo yiboneye, avuga ko icya mbere ari igikundiro Perezida Kagame yagwije mu banyarwanda. Yavuze ko ibyo yabigereranya n’urukundo Abanya-Uganda bereka Umwami Ronald Mutebi igihe cyose agaragaye mu ruhame.

Frank avuga ko yabashije kubona uko urubyiruko rw’u Rwanda rukunda igihugu cyabo rukaba runafite umuhate wo kuruteza imbere, kandi ibikorwa byinshi usanga ari rwo rubikora.

Yavuze ko ibikorwa byose yitabiriye byari ku murongo yaba iby’umunsi wo Kwibohora muri Stade Amahoro, kimwe n’ibyo kwiyamamaza kwa FPR-Inkotanyi mu Bugesera. Avuga ko bitangaje uburyo ibintu biba biri ku murongo.

Yavuze ko bisobanura neza impamvu u Rwanda rwabaye igicumbi cyo kwakira ibikorwa bikomeye ku Isi birimo n’inama mpuzamahanga.

Avuga ko yageze mu bihugu birenga 48 bitandukanye ku Isi, ariko u Rwanda ni rwo rwonyine yabashije kubonamo imihanda ihuza imijyi itandukanye mu buryo budafite inkomyi.

Uyu mugabo w'umuherwe yavuze ko icyo yacyuye muri Uganda ari uko Gen Muhozi Kainerugaba witegura gusimbura Se ku mwanya wa Perezida wa Uganda, yakwigira kuri "Se wabo" Perezida Kagame.

Asoza avuga ko ibyo byose hari abashobora kuvuga ngo yabivuze nk’umunyarwanda, gusa uwabirekereza gutyo byaba ari ubujiji kuko rwise ari umunya-Uganda na cyane ko yavukiye mu gace ka Masaka rwagati muri Uganda kandi akaba ari Umunyafurika wishimye.Frank Gashumba yitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza kwa Perezida Kagame mu Karere ka Bugesera Frank Gashumba yabashije gusura Inyambo zimwe mu nka zishimirwa na benshi muri Afrika






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND